IMYIDAGADURO

Amafoto ya Rocky usobanura Filime yagaragaye yakoze ubukwe hamenyekanye inkomoko yayo

Uwizeyimana Marc wamenyekanye cyane nka Rocky Kirabiranya mu Gasobanuye yapfukamye imbere y’Umukobwa amwambika impeta, benshi mu babonye aya mafoto batunguwe no kuba yaba yisubiyeho ku mvugo yadukanye ishishikariza urubyiruko kuba rwifashe kubyo gukora ubukwe.

Aya mafoto ya Rocky Kirabiranya yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga apfukamye imbere y’ikizungerezi acyambika impeta ayandi uyu mukobwa yambaye ikanzu y’abageni yavugishije benshi biganjemo abakurikirana bya hafi uruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda.

Ku ikubitiro yashyizwe hanze n’umwe mubakoresha imbuga nkoranyambaga cyane mu Rwanda uzwi nka The Cat Babalao aho yashimangiraga ko Rocky agumura abandi ngo bareke ubukwe nyamara we bikaba bivugwa ko yakoze ubukwe mu ibanga rikomeye.

Yagize ati: “HARYA NGO MWANZE IGIKWEEEEEEE??? KWEKWEE, ABAKOBOYI MU GIKARI BARIMO BARABAGA NTA MPUHWE NAMWE MURAHO NGO MWANZE IGIKWE”

Amakuru yamaze kumenyekana ni uko uyu musore uzwi mu gusobanura filime aya mafoto yagiye hanze ari ay’imwe mu ndirimbo zigiye kujya hanze ya Papa Cyangwe afatanyije na Social Mula, Rocky akaba azayigaragaramo mu rwego rwo kuryoshya indirimbo.

Inshuro Nyinshi Kirabiranya yumvikanye kenshi ashishikariza abasore n’Urubyiruko muri rusange kudakora ubukwe ndetse ari naho hakomotse imvugo ngo nta GIKWE iharawe n’urubyiruko muri iyiminsi.

Muri iyiminsi binagezweho cyane mu Rwanda aho mbere yuko ushyira hanze igikorwa runaka cyane mu myidagaduro ukora ikintu abantu batatekerezaga kugira ngo uvugwe cyane noneho cya gikorwa cyawe cyizaze gisanga ukiri mu matwi yabantu.

Mu minsi ishize ubwo indirimbo ya Meddy ’My Vow’yasohokaga yifashe aka videwo k’amasegonda 54 yongera gukangurira urubyiruko ko indirimbo iri kubica bigacika mu Rwanda itagomba kubarangaza bakaba bakora Ubukwe. aho yakoresheje imvugo ngoNta Kudohoka.

Ifoto igaragaza Rocky Kimomo ateye ivi yambika impeta uyu mukobwa

 

Rocky Kirabiranya n’uyu mukobwa wifashishijwe muri iyi ndirimbo
Kadhafi Pro nawe azagaragara mu mashusho y’iyi ndirimbo ya Papa Cyangwe ft Social Mula

 

DomaNews

Recent Posts

U Rwanda rwanyomoje Amerika yarushinje kurasa mu nkambi iri hafi ya Goma

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yanyomoje Leta Zunze Ubumwe za Amerika zashinje Ingabo…

20 hours ago

Abagenzi bagera kuri 70 bafashwe n’indwara yo kuruka ubwo bari mu ndege

Abagenzi bagera kuri 70 bari mu ndege yavaga mu birwa bya Maurice yerekeza i Frankfurt…

20 hours ago

Nyanza: Abantu babiri baguye mu mugezi wa Burakari

Abantu babiri bapfuye barohamye mu mugezi wa Burakari uherereye mu Murenge wa Busoro mu Karere…

21 hours ago

Ambasaderi Karabaranga yasuye ikipe ya APR BBC iri mu irushanwa rya BAL

Kuri iki gicamunsi, Ambasaderi w'u Rwanda muri Senegal Karabaranga Jean Pierre yasuye ikipe ya APR…

1 day ago

Shakib umugabo wa Zari na Harmonize barifuza kumvana mu mitsi

Ni ibikubiye mu butumwa Harmonize yasangije abamukurikirana ku mbuga nkoranyambaga ze, aho yagaragaje ubutumwa Shakib…

2 days ago

Nyuma y’amezi atanu basezeranye, Kenny Sol n’umugore we bibarutse imfura

Umuhanzi Kenny Sol n'umugore we bari mu byishimo bihambaye nyuma y'uko yibarutse imfura yabo. Amakuru…

2 days ago