UBUZIMA

Abatarakingiwe COVID-19 bashobora kujya bakumirwa mu bikorwa bimwe

Minisitiri w’Ubuzima Dr. Daniel Ngamije yavuze ko hari abantu batarimo kwikingiza COVID-19 kandi bafite amahirwe yo kubikora, aca amarenga ko mu minsi iri imbere hari ahantu henshi batazaba bemerewe kujya.

Muri iki gihe ngo harimo gukingirwa abantu barengeje imyaka 40 n’abandi bakora imirimo ituma bahura n’abantu benshi haherewe mu Mujyi wa Kigali, ndetse no mu ntara birakorwa nubwo bitari ku rwego nk’urwo mu mujyi.

Minisitiri Ngamije yaburiye abantu batarimo kubyaza umusaruro amahirwe bafite yo kwikingiza.

Yagize ati “Hari abakozi usanga bavuga bati ‘nzaba njyayo ejo’, ugasanga umukoresha na we ntabishyizemo ingufu, ariko ikigaragara ni uko igihe kizagera tujye twibutsa abantu tuti ‘ariko wari ukwiriye kuza hano hantu warakingiwe, kuko kuza utarakingiwe twaraguhaye amahirwe yo gukingirwa, uri kuza guteza ibyago bagenzi bawe ahangaha.”

“Abantu rero begutegereza uwo munsi tuzashyiraho iryo tangazo ko nta we ujya ku kazi, nta we ujya ku isoko atagaragaje ko yakingiwe, kuko amahirwe yo gukingirwa muri Kigali arahari, n’ahandi kandi niho bigana, mu turere bekugira ngo bazacikanwa. Inkingo turi kuzishaka kandi zizaboneka, hose tuzahagera duhereye ahantu hakunda kugaragara ubwandu.”

Si ibyo mu Rwanda gusa. Mu bihugu byinshi abantu bakingiwe COVID-19 ntabwo barimo guhabwa ubwisanzure bungana n’ubw’abatarakingirwa, haba mu ngendo zijya mu mahanga, mu mashuri, kwitabira ibikorwa bihuza abantu benshi, kujya mu tubari n’ibindi.

Kugeza kuri uyu wa Gatatu abaturarwanda bamaze gukingirwa bari ibihumbi 729, barimo abantu ibihumbi 48 bakingiwe kuri uyu wa Gatatu.

Intego ni ugukingira hejuru ya 60 ku ijana by’abaturarwanda mbere y’uko umwaka wa 2022 urangira.

Minisitiri w’Ubuzima Dr Daniel Ngamije yaciye amarenga ko abatarakingiwe COVID-19 bashobora kujya bakumirwa mu bikorwa bimwe na bimwe

DomaNews

Recent Posts

Ambasaderi Karabaranga yasuye ikipe ya APR BBC iri mu irushanwa rya BAL

Kuri iki gicamunsi, Ambasaderi w'u Rwanda muri Senegal Karabaranga Jean Pierre yasuye ikipe ya APR…

6 hours ago

Shakib umugabo wa Zari na Harmonize barifuza kumvana mu mitsi

Ni ibikubiye mu butumwa Harmonize yasangije abamukurikirana ku mbuga nkoranyambaga ze, aho yagaragaje ubutumwa Shakib…

11 hours ago

Nyuma y’amezi atanu basezeranye, Kenny Sol n’umugore we bibarutse imfura

Umuhanzi Kenny Sol n'umugore we bari mu byishimo bihambaye nyuma y'uko yibarutse imfura yabo. Amakuru…

17 hours ago

Donald Trump wigeze kuyobora Amerika yavuze icyo azakora naramuka atsinzwe amatora ya perezida 2024

Uwahoze ari Perezida wa Amerika, Donald Trump yatangaje icyo azakora aramutse atsinzwe amatora ya perezida…

17 hours ago

Polisi yarashe abaherutse gukekwaho kwica Noteri w’Umurenge wa Remera

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 3 Gicurasi 2024, Abantu babiri bacyekwagaho ubujura…

18 hours ago

Hatangajwe ingengabihe y’Amavubi mu rugendo rwo gushaka itike y’igikombe cy’Isi

Kuri uyu wa Kane tariki 2 Gicurasi 2024, byemejwe ko ikipe y'Igihugu y'u Rwanda y'Umupira…

1 day ago