Umugore wo muri Pennsylvania muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika agiye gufungwa hafi imyaka ibiri n’amade y’ibihumbi 30 by’amadolari, azira kwitsamurira ku biribwa mu nzu y’ubucuruzi bw’ibiribwa.
Margaret Ann Cirko yabikoze yikinira muri Werurwe 2020 ubwo Isi yose yari itaramenya byinshi kuri Covid-19. Ngo yinjiye muri supermarket agenda yitsamura yigamba ko afite Covid-19. Ubwoba bwatashye imitima y’abakiliya yasanzemo utaretse abakozi baho hantu, barirukanka ndetse bamwe na n’ubu ngo ntibarahasubira.
Kuri uyu wa kabiri tariki ya 24 Kanama 2021 nibwo urukiko rwakatiye uwo mugore w’imyaka 37, igifungo kiri hagati y’umwaka umwe n’ibiri ndetse n’igifungo gisubitse cy’imyaka umunani, kubwo guteza akaduruvayo n’ubwoba abaturage.
Joe Fasula, nyiri supermarket uyu mugore yitsamuriyemo, yavuze ko kubera kwitsamura ari na ko acira ku biribwa, byatumye bajugunya ibifite agaciro k’ibihumbi 35 by’amadolari, ni ukuvuga hafi miliyoni 35 Frw. Babijugunye kuko nta mukiliya wari ugishaka kugura ibiribwa bikekwa ko biriho Covid-19.
Uwo mugore agitabwa muri yombi bamujyanye kumupima basanga nta Covid-19 afite, gusa ntibyavanaho ibibazo yateje.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…