INKURU ZIDASANZWE

Rutsiro: Umushinwa wagaragaye mu mashusho akubita umuntu uziritse k’umusaraba n’abamufashije bafashwe

Umushinwa wagaragaye mu mashusho yasakajwe ku mbuga nkoranyambaga akubita abantu baziritse ku giti kimeze nk’umusaraba n’abo bari barikumwe bafatanya bose bafashwe n’inzego z’umutekano.

Kuri uyu wa Mbere tariki 30 Kanama 2021, nibwo ku mbuga nkoranyambaga hatangiye gusakazwa amashusho n’amafoto agaragaramo Umushinwa bivugwa ko yitwa Kevin ari kumwe n’abandi baturage, akubita umuntu aziritse ku giti cy’umusaraba, amaboko aboheye inyuma asabwa ku vugisha ukuri ku byo bamubazaga nk’utotezwa.

Bivugwa ko byabereye mu karere ka Rutsiro mu murenge wa Mukura mu kagali ka Kagano,  uyu  Mushinwa akora muri Kampani ya ALI GROUP HOLDING LTD. Ibi ngo bikaba byarabaye tariki ya 21 Kanama 2021, kandi ko ngo ariko uyu Mushinwa asanzwe ahana abakozi ba Kampani iyo bakosheje.

Police y’u Rwanda ibinyujije ku rubuga rwa Twitter yasubije ko aba bagaragaye bakora ibi bafashwe.

Yagize iti “Muraho, abantu babiri harimo nugaragara muri aya mashusho bakekwaho gukubita Niyomukiza Azalias na Ngendahimana Gratien bafashwe, bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Ruhango mu Karere ka Rutsiro, mu gihe inzego zibishinzwe zigikomeje iperereza. Murakoze”.

Umunyamabanga mukuru w’Urwego rw’ubugenzacyaha mu Rwanda(RIB), Col Ruhunga Jeannot yavuzeko aba bose haha uwakubitaga ndetse n’abamufashije bose bafashwe bakurikiranweho icyaha cyo gukubita no kwica urubozo.

Ati: “Uyu ukubita n’abamufashije bose barafashwe, ubu bari mu maboko y’ubutabera bakurikiranweho icyaha cyo gukubita n’icyo kwica urubozo”.

Gusa bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga bagaraje agahinda batewe no Kuba umunyamahanga yakora ibi mu Rwanda bamwe basaba ko atakoherezwa iwabo ngo abe ariho akurikiranirwa,  ahubwo inzego z’ubutabera zamukurikiranira mu Rwanda aho yagaragaye ahohotera Umunyarwanda aho bamwe banabihuje n’ubukorone.

Umushinwa akubita abakozi yabaziritse ku giti cy’umusaraba amaboko yayaboheye inyuma
Ngo umukozi ukoze amakosa muri Kompani wese ahanirwa ku musaraba
Umushinwa n’abo bafatanyije bose bafashwe n’inzego z’Umutekano

DomaNews

View Comments

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

11 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

11 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

12 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

12 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago