IMYIDAGADURO

Umuhanzi Jay Polly yitabye Imana

Umuhanzi Tuyishime Joshua uzwi nka Jay Polly yitabye Imana,bivugwa ko yaguye mu bitaro bya Muhima azize uburwayi mu rukerera rwo kuri uyu wa kane.

Advertisements

Umuraperi Tuyishime Joshua uzwi nka Jay Polly yari amaze igihe akurikiranwa mu butabera kubera icyaha cyo gukoresha ibiyobyabwenge, yari yahawe itariki azaburaniraho urubanza mu mizi nyuma yo gukatirwa gufungwa iminsi 30 mu gihe Ubushinjacyaha bukiri mu iperereza.

Uyu muhanzi wo mu njyana ya Hip Hop wamamaye mu Rwanda yari amaze igihe afungiye muri gereza ya Kigali iri i Mageragere,biravugwa ko yaguye ku bitaro bya Muhima nk’uko byakomeje gutangazwa ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye.  Umuhanzi  Jay Polly yari akunzwe  mu njyana ya Hip Hop mu Rwanda kubera indirimbo ze zigarurira abakunzi b’iyi njyana.

Mu mwaka wa 2014, Jay Polly yabaye umwe mu bahanzi icumi bitabiriye amarushanwa ya PGGSS4, ndetse agenda yerekana ko ashoboye mu Ntara zose z’u Rwanda aho byagaragaye ko akunzwe ku rusha abo bahanganye.

Kuwa 30 Nyakanga 2014, ubwo hasojwe irushanwa rya PGGSS4 byarangiye Jay Polly aryegukanye ahabwa miliyoni 24 z’amafaranga y’u Rwanda.

Tuyishime Joshua wamamaye nka Jay Polly yavutse ku wa 5 Nyakanga 1988, avukira i Gikondo mu Mujyi wa Kigali .

Asize abana babiri harimo umwe yabyaranye na Uwimbabazi Sharifa bivugwa ko babanye nk’umugore n’umugabo nubwo batasezeranye imbere y’amategeko.

Umuraperi Jay Polly yitabye Imana Azize uburwayi ubwo yari ajyanwe ku Bitaro bya Muhima mu mujyi wa Kigali

DomaNews.rw

View Comments

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago