IMYIDAGADURO

Miss East Africa yasinye amasezerano na Wasafi Media Group iyoborwa na Diamond

Nyuma y’ibiganiro byahuje Jolly Mutesi na Diamond mu minsi ishize, Wasafi Media Group yamaze gusinyana amasezerano y’imikoranire na Miss East Africa, kimwe mu byo bumvikanye ni uko aricyo gitangazamakuru kizajya gitambutsa ibikorwa byose by’iri rushanwa.

Advertisements

Ni amasezerano yasinyiwe muri Tanzania kuri uyu wa 28 Nzeri 2021. Ku ruhande rwa Miss East Africa hari umuyobozi mukuru w’iri rushanwa, Rena Callist na Visi Perezida we Jolly Mutesi.

Ku ruhande rwa Wasafi Media Group hari Jamar April ushinzwe Ibikorwa muri Wasafi Media na Nelson Kisanga ushinzwe ibiganiro kuri Wasafi FM.

Basinye aya masezerano mu gihe byitezwe ko abakobwa bahatanira ikamba rya Miss East Africa bazagera muri Tanzania aho rizabera tariki 29 Ukwakira 2021.

Miss East Africa azahembwa imodoka yo mu bwoko bwa Nissan Xtrail 2021 nshyashya ubusanzwe igura ibihumbi 44 by’amadorari ya Amerika, angana na miliyoni 44 z’amafaranga y’u Rwanda.

Usibye iyi modoka n’ibindi bihembo uzatsinda azegukana, buri kwezi azajya ahembwa 1500$, arenga 1.500.000 Frw.

Igisonga cya mbere kizahembwa 5000$, arenga miliyoni eshanu z’amafaranga y’u Rwanda, mu gihe igisonga cya kabiri kizahabwa 3000$, arenga miliyoni eshatu z’amafaranga y’u Rwanda.

Byitezwe ko ari irushanwa rizitabirwa n’abakobwa bazaba baturutse mu bihugu 16 bya Afurika; Tanzania, Kenya, Uganda, Rwanda, Burundi, Ethiopia, Seychelles, Somalia, Réunion, Djibouti, Mauritius, Eritrea, Sudani y’Epfo, Malawi na Madagascar.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago