UBUCURUZI

Amatariki Imurikagurisha mpuzamahanga rya 2021 rizaberaho yamenyekanye

Imurikagurisha Mpuzamahanga ribera mu Rwanda rigiye kongera kuba ku nshuro yaryo ya 24, abazaryitabira bakazubahiriza ingamba zo kwirinda COVID-19.

Advertisements

Mu itangazo ryatanzwe n’Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda (PSF), rwatangaje ko mu kwezi k’Ukuboza 2021 aribwo Imurikagurisha Mpuzamahanga ry’Abikorera, rizwi nka EXPO risanzwe ribera i Gikondo mu karere ka Kicukiro rizaba.

Mu itangazo rigenewe Abanyamakuru ryatanzwe kuri uyu wa Kane tariki 21 Ukwakira 2021, PSF yatangaje ko Imurikagurisha Mpuzamahanga riteganyijwe kuva tariki ya 9 kugeza 30 Ukuboza 2021, aho risanzwe ribera I Gikondo ahazwi nko kuri “EXPO Grounds”.

Muri iri murikagurisha, PSF yavuze ko atari umwanya gucuruza gusa ahubwo ari n’amahirwe menshi yo kugaragariza abavuye hirya no hino ibishya bamaze igihe bakora batabashije kubagezaho bose kubera imbogamizi zatewe n’Icyorezo cya COVID19.

PSF kandi yatangaje ko kugeza ubu Ibihugu bimwe byamaze kwemeza ko bizitabira iri murikagurisha mpuzamahanga ari byo; Malaysia, Singapore, Pakistan, India, Syria, Misiri, Benin,Ivory Coast, Kenya, Ghana, Morocco, Tunisia na Turukiya.

Iri murikagurisha Mpuzamahanga rikaba riba rigaragaramo ibicuruzwa na Serivise bitandukanye haba; mu Itumanaho n’Ikoranabuhanga, Ubwubatsi, Ibikomoka ku buhinzi n’ibikoresho by’ubuhinzi, Ibikoresho by’ikoranabuhanga, Ibikomoka kuri Petroleum, Inganda, ububaji n’ubukorikori, Ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro n’ibyo Ubukerarugendo.

PSF ikaba ivuga ko yashyize imbaraga mu kumenyekanisha iki gikorwa ku rwego mpuzamahanga, kugirango ishishikarize Abashoramari bo hanze y’Igihugu kuza kumenyekanisha ibikorwa byabo no gushora Imari mu Rwanda.

Iri Murikagurisha Mpuzamahanga rigiye kuba ku nshuro ya 24, ari inshuro ya kabiri ribaye hubahirizwa Amabwiriza ko kwirinda COVID-19,rikurikiye iriheruka kuba umwaka ushize ryatangiye kuva kuya 11-31 Ukuboza 2020, naryo ryabaye mu give icyorezo cya COVID-19 cyari cyugarije U Rwanda n’Isi muri rusange.

PSF yatangaje ko Imurikagurisha Mpuzamahanga riteganyijwe kuva tariki ya 9 kugeza 30 Ukuboza 2021

Jean Aime Desire Izabayo

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago