Facebook yakoze amavugurura ihindura izina yitwa Meta mu mpinduka zikomeye iki kigo cyakoze zigamije gushinga imizi mu ruhando rw’ikoranabuhanga kigatandukana n’uko cyari kizwi nk’urubuga nkoranyambaga.
Izina rishya ni irya Facebook nka Sosiyete. Bivuze ko izi mpinduka zidafite aho zihuriye n’izindi mbuga nkoranyambaga n’ubundi Facebook ifite nka Facebook nk’Urubuga Nkoranyambaga, WhatsApp na Instagram.
Meta izina rishya rya Facebook rikomoka mu Kigereki, aho risobanura ikintu kirenze imbibi. Rigamije kwerekana ko iyi sosiyete ishaka kurenga imbibi y’ibyari bisanzwe biyizwiho.
Irashaka gushyira imbaraga mu ikoranabuhanga rya VR ( Virtual Reality) rikomeje gushinga imizi ku Isi kuko ubu rifatwa nk’aho ariryo rizaranga ahazaza ha internet.
Facebook si yo ya mbere ku Isi ihinduye izina kuko no mu 2015 Google yarabikoze, ibindura izina rya Sosiyete yayo riba Alphabet ibumbira hamwe ibikorwa byose bya Google.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…