Abantu 99 baguye mu mpanuka yatewe n’iturika ry’ikamyo yari itwaye ibikomoka kuri peteroli yagonganye n’indi modoka mu Murwa Mukuru wa Sierra Leone, Freetown ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu.
Iyi mpanuka ikiba lisansi yahise isandara ndetse haduka inkongi yatwitse abantu bari hafi aho ndetse n’ibinyabiziga.
Ibitangazamakuru byo muri icyo gihugu byashyize hanze amashusho yerekana imirambo izengurutse iyo modoka yahiye.
Perezida Julius Maada Bio yatangaje ko yababajwe n’iyi nkongi ikomeye ndetse n’umubare w’abantu bahaburiye ubuzima.
Mu butumwa yanyujije kuri Twitter yavuze ko leta ikora ibishoboka ngo igoboke imiryango yagizweho ingaruka n’iyi mpanuka.
Abagera ku 100 barimo guhabwa ubuvuzi mu bitaro n’ibigo nderabuzima bitandukanye byo mu Mujyi wa Freetown nk’uko inkuru ya BBC ibivuga.
Muri Werurwe, abasaga 80 bakomerekeye mu mpanuka y’inkongi muri bimwe mu bice by’inkengero z’uyu mujyi yasize abagera ku 5000 bavuye mu byabo.
Mu 2017 na bwo abasaga 1000 bishwe n’imvura yateje inkangu yasenyeye abantu mu mujyi isiga abagera ku 3000 badafite aho baba.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…