UBUZIMA

Hagaragaye ubwoko bushya bwa Corona Virusi bukomeye kurusha ubusanzwe

Mu bihugu bya Afurika yo mu Majyepfo haravugwa ubwoko bwa Koronavirusi buzwi nka ‘B.1.1.529’ bushobora kuba bwandura kurusha ubwiswe ‘Delta’ bwahangayikishije isi kuko bwanduraga cyane kandi bukica mu gihe gito.

Advertisements

Kuri uyu wa Gatanu tariki 26 Ugushyingo 2021, Dr Nsanzimana Sabin, Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe Ubuzima (RBC), abinyujije ku rubuga rwa Twitter, yavuze ko hari ubwoko bwa Koronavirusi yihinduranyije cyane bwatangiye kugaragara mu Majyepfo ya Afurika buzwi nka B.1.1.529.

Dr Nsanzimana Sabin yavuze ko ubwo bwoko bwa Koronavirusi bwihinduranyije, bushobora kuba bwandura cyane kurusha Koronavirusi yitwa ‘Delta’.

Yagiriye abantu inama yo gukomera ku ngamba zirimo kwikingiza, kwambara agapfukamunwa no kwipimisha.

Ubwoko bwa Koronavirusi buzwi nka ‘B.1.1.529’ bushobora kuba bwandura kurusha ubwiswe ‘Delta

Ikinyamakuru CNBC cyatangaje ko iyo Koronavirusi yihinduranyije ya B.1.1.529 yagaragaye mu bantu bakeya muri Afurika y’Epfo, nk’uko byatangajwe n’Abayobozi b’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS).

Nyuma y’uko Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ritangaje iby’iyo Koronavirusi nshya, u Bwongereza ngo bwahise bufata icyemezo cyo gukumira indege zituruka mu bihugu bya Afurika y’Amajyepfo nka Afurika y’Epfo, Lesotho, Botswana, Namibia, Eswatini na Zimbabwe.

Dr. Maria Van Kerkhove ukora mu bijyanye na Covid-19 mu Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye, yavuze ko abahanga mu bya Siyansi nta byinshi baramenya kuri ubwo bwoko bushya bwa Koronavirusi kandi ko bishobora gufata ibyumweru bikeya ngo babe bamenye amakuru nyayo kuri iyo virusi, n’uko yitwara ku nkingo za Covid-19 zamaze gutangwa.

Kuva icyorezo cya Covid-19 cyaduka ku Isi mu mpera za 2019 gihereye mu Bushinwa, abantu bamaze ku cyandura muri rusange ku Isi, kugeza tariki 26 Ugushyingo 2021 bagera kuri 260.465.215, abo imaze guhitana ni 5,202,508 mu gihe abamaze kuyikira bo bagera kuri 235.423.910.

Mu Rwanda, abamaze kwandura Covid-19 muri rusange kugeza uyu munsi tariki 26 Ugushyingo 2021, bagera ku 100.303, abo imaze guhitana ni 1.341.

Jean Aime Desire Izabayo

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago