UBUZIMA

Hagaragaye ubwoko bushya bwa Corona Virusi bukomeye kurusha ubusanzwe

Mu bihugu bya Afurika yo mu Majyepfo haravugwa ubwoko bwa Koronavirusi buzwi nka ‘B.1.1.529’ bushobora kuba bwandura kurusha ubwiswe ‘Delta’ bwahangayikishije isi kuko bwanduraga cyane kandi bukica mu gihe gito.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 26 Ugushyingo 2021, Dr Nsanzimana Sabin, Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe Ubuzima (RBC), abinyujije ku rubuga rwa Twitter, yavuze ko hari ubwoko bwa Koronavirusi yihinduranyije cyane bwatangiye kugaragara mu Majyepfo ya Afurika buzwi nka B.1.1.529.

Dr Nsanzimana Sabin yavuze ko ubwo bwoko bwa Koronavirusi bwihinduranyije, bushobora kuba bwandura cyane kurusha Koronavirusi yitwa ‘Delta’.

Yagiriye abantu inama yo gukomera ku ngamba zirimo kwikingiza, kwambara agapfukamunwa no kwipimisha.

Ubwoko bwa Koronavirusi buzwi nka ‘B.1.1.529’ bushobora kuba bwandura kurusha ubwiswe ‘Delta

Ikinyamakuru CNBC cyatangaje ko iyo Koronavirusi yihinduranyije ya B.1.1.529 yagaragaye mu bantu bakeya muri Afurika y’Epfo, nk’uko byatangajwe n’Abayobozi b’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS).

Nyuma y’uko Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ritangaje iby’iyo Koronavirusi nshya, u Bwongereza ngo bwahise bufata icyemezo cyo gukumira indege zituruka mu bihugu bya Afurika y’Amajyepfo nka Afurika y’Epfo, Lesotho, Botswana, Namibia, Eswatini na Zimbabwe.

Dr. Maria Van Kerkhove ukora mu bijyanye na Covid-19 mu Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye, yavuze ko abahanga mu bya Siyansi nta byinshi baramenya kuri ubwo bwoko bushya bwa Koronavirusi kandi ko bishobora gufata ibyumweru bikeya ngo babe bamenye amakuru nyayo kuri iyo virusi, n’uko yitwara ku nkingo za Covid-19 zamaze gutangwa.

Kuva icyorezo cya Covid-19 cyaduka ku Isi mu mpera za 2019 gihereye mu Bushinwa, abantu bamaze ku cyandura muri rusange ku Isi, kugeza tariki 26 Ugushyingo 2021 bagera kuri 260.465.215, abo imaze guhitana ni 5,202,508 mu gihe abamaze kuyikira bo bagera kuri 235.423.910.

Mu Rwanda, abamaze kwandura Covid-19 muri rusange kugeza uyu munsi tariki 26 Ugushyingo 2021, bagera ku 100.303, abo imaze guhitana ni 1.341.

Jean Aime Desire Izabayo

Recent Posts

Perezida Kagame yihanganishije igihugu cya Kenya cyibasiwe n’ibiza

Perezida Kagame yihanganishije mugenzi we wa Kenya, William Ruto n'Abanya-Kenya kubera imiryango yakuwe mu byabo…

14 hours ago

Police Fc yegukanye igikombe cy’Amahoro ihumeka insigane

Ikipe ya Police Fc yegukanye igikombe cy'Amahoro itsinze ikipe ya Bugesera Fc bigoranye ibitego 2-1…

15 hours ago

Ngororero: Umwana w’imyaka 2 yatwikiwe mu nzu na Se

Umwana w'imyaka ibiri w'umuhungu witwa Iremukwishaka Viateur aravugwaho gutwikirwa mu nzu biturutse ku mubyeyi we…

17 hours ago

Gakenke: Abaturage baraye mu bitaro nyuma yo kujya kuvumba

Mu Kagari ka Gataba, mu Murenge wa Rusasa Akarere ka Gakenke, haravugwa inkuru y'abaturage baraye…

17 hours ago

Ukraine yateye ibitero byibasiye uruganda rw’amavuta mu Burusiya

Ukraine yongeye gukora ibitero bya dorone byibasiye uruganda rutunganya amavuta rwa Ryazan imbere mu Burusiya.…

18 hours ago

As Kigali yahawe ibihano bikakaye na FIFA

Mu mwaka ushize ubwo ikipe ya As Kigali yasezereraga bamwe mu bakinnyi bayo barimo na…

21 hours ago