INKURU ZIDASANZWE

Kigali: Imodoka ikoze impanuka idasanzwe yinjira mu nyubako ya CHIC

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa kane tariki 16 Ukuboza 2021 mu masaha ya saba z’amanywa , imodoka y’ivatiri yakoze impanuka idasanzwe iboneza mu nyubako ya CHIC mu gice cyo hasi ahari ibikorwa bya Kampani ya RODAS, imbere ya parikingi iteganye n’umuhanda werekeza ku kigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare NISR.

Advertisements

Iyo modoka yaje yinjira aho abantu binjirira, igonga ushinzwe umutekano (Umusekurite), irakomeza yinjira mu iduka ricuruza ibintu bitandukanye isangamo umuntu, ariko ku bw’amahirwe ntawahasize ubuzima usibye abakomeretse bikabije.

Ababonye iyo mpanuka iba barimo abapakurura ibicuruzwa baketse ko uwari utwaye iyo modoka ashobora kuba yanyweye ibiyobyabwenge, kuko urebye uburyo yaje ikinjira mu nyubako ya CHIC bigaragara ko atari ukubura feri.

Umwe mu bari muri iyo modoka yanze kugira icyo atangariza abanyamakuru, mu gihe umwe mu bakora mu iduka iyo modoka yangije we yavuze ko yari asohotse, agaruka bamuhamagaye ngo aze arebe ibibaye.

Yagize ati: “Nanjye kugeza ubu byanyobeye, umuntu yampuruje ngo imodoka yinjiye aho dukorera, mpageze nsa n’utazi aho ndi”.

Iyi modoka yaje yinjira aho abantu binjirira, igonga ushinzwe umutekano (Umusekurite), irakomeza yinjira mu iduka ricuruza ibintu bitandukanye isangamo umuntu, ariko ku bw’amahirwe ntawahasize ubuzima
Polisi ishinzwe ishinzwe umutekano wo mu muhanda n’zizndi nzego zibishinzwe bahise batangira gukora iperereza ngo hamenyekane icyateye iyi mpanuka

Yanditswe na ABAYO MINANI John

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago