INKURU ZIDASANZWE

Ruhango: Umuntu utaramenyekana yatwitse imodoka ya Gitifu w’umurenge

Umuntu utaramenyekana yagerageje gutwika imodoka y’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ruhango, Nemeyimana Jean Bosco, ariko bahita bayizimya itarashya ngo ikongoke.

Advertisements

Byabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 4 Mutarama 2022 aho iyi modoka yari iparitse mu Mujyi wa Ruhango hafi y’Ishami rya Banki ya Kigali.

Amakuru y’ibanze avuga ko umuntu ukekwaho kuyitwika yaje ahagana saa Kumi z’umugoroba ari kuri moto arambika ingofero (casque) hafi yayo asukaho lisansi arangije arasiraho ikibiriti ahita yongera kurira moto aragenda.

Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango, Habarurema Valens, yavuze ko imodoka itahiye ngo ikongoke kuko bahise bayizimya.

Ati “Ayo makuru niyo ariko ntabwo yahiye cyane ku buryo byayibuza kugenda, kuko bahise bayizimya. Yahiye agace gato ku buryo ikizakorwa ari ukongera kuyitera irangi gusa.”

Yavuze ko hari umuntu wari watangiye kubaka inzu mu Mujyi wa Ruhango mu buryo bunyuranyije n’amategeko aza guhagarikwa, bityo akaba ari we ukekwa ko yashatse gutwika imodoka ya Gitifu w’Umurenge kubera uburakari no kwihimura.

Kuri ubu inzego z’ubugenzacyaha zatangiye iperereza kugira ngo hamenyekane uwakoze icyo gikorwa.

Habururema yibukije abaturage ko bakwiye kwirinda ibyaha kandi ko ibyemezo bifatwa n’ubuyobozi bikorwa ku neza yabo muri rusange, bityo bidakwiye kubarakaza ngo bakore amakosa ashobora kuvamo ibyaha.

Umuntu utaramenyekana yatwitse imodoka ya Gitifu w’umurenge wa Ruhango ariko bahita bayizimya

Abayo Minani John

Christian

Recent Posts

Umushyitsi yasuye Neg G the General apfira mu rugo rwe

Umugabo w’imyaka 30 wari wasuye umuhanzi akaba n’utunganya umuziki, Ngenzi Serge uzwi nka Neg G…

2 days ago

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije #Kwibuka32

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame batangije ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 32…

5 days ago

Aimée Beauté Mushashi yasezeranye mu murenge

Aimée Beauté Mushashi wamamaye ku bitangazamakuru bitandukanye bikomeye mu Rwanda, asoma amakuru kuri televiziyo yasezeranye…

1 month ago

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

6 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

7 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

7 months ago