UBUCURUZI

Bapfakurera Robert yongeye gutorerwa kuyobora PSF

Bapfakurera Robert yatorewe manda ya kabiri mu gihe cy’imyaka itatu iri imbere kuba umuyobozi w’urugaga rw’abikorera mu Rwanda, akaba ari nawe usanzwe ayobora uru rugaga kuva muri 2018. 

Yungirijwe na Mubiligi Jeanne Francoise watorewe kuba umuyobozi wa mbere wungirije, naho Kimenyi Aimable atorerwa kuba umuyobozi wa kabiri wungurije.

Abikorera basaba ko iyi komite nyobozi nshya yafatanya nabo gushakira umuti ingaruka za Covid19, no kugendana nabo mu rugendo rwo kwagurira ibikorwa byabo hanze.

Uwitwa Emilienne K Benurugo yagize ati “Icya mbere ni uko iyi komite yakora ubushakashatsi ikareba ngo ni nde wagizweho ingaruka cyane n’iki cyorezo, tukarebera hamwe twese dushyize hamwe hakarebwa uwatsikiye uko twamuzamura.”

Sina Gerard we yagize ati “Nubwo tutafunze ibikorwa ariko byatugizeho ingaruka rero ninayo mpamvu gukoresha ikoranabuhanga twabonye ari igisubizo ni nayo mpamvu twabishyizemo imbaraga, kandi mbona byakagombye kurushaho gushyirwamo imbaraga.”‘

Ku bijyanye na Covid19, Robert Bapfakurera yizeza gukomeza ubuvugizi bujyana no kongerera ubumenyi abikorera, mu rwego rwo guhangana n’ingaruka z’iki cyorezo.

Mu gufasha abikorera kwagurira ibikorwa byabo hanze y’u Rwanda, avuga ko mu bufatanye bw’urugaga rw’abikorera na Guverinoma inzira isa n’iharuye kandi urugendo bazarufatanya.

“Iyo igihugu kigiranye ubushuti n’ibindi bihugu, twebwe abikorera twihutira guhura n’abikorera bo muri icyo gihugu, tugashaka n’amahirwe y’ishoramari ahari aha nakubwira Central Africa, Mozambique na RDC rero twarabitangiye mu rwego rwo kurushaho gushaka amahirwe ari muri ibyo bihugu ngo tuyabyaze umusaruro.”

Usibye Komite nyobozi yatowe kuri uyu wa Gatatu, uru rugaga rumaze iminsi mu matora y’abahagarariye abandi mu mahuriro 5 yashyizweho asimbura 10 yariho mbere y’ amavugurura yakozwe mu minsi  ishize.

Ubuyobozi bushya bwasezeranyije abikorera ubufatanye mu kwagurira imikorere yabo no hanze y’u Rwanda

DomaNews

Recent Posts

Ubutegetsi bwa Congo bukomeje kwinangira ibiganiro n’umutwe wa M23

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwatangaje ko butaremeza niba buzitabira ibiganiro byabwo n’umutwe…

2 hours ago

U Burusiya bwasabwe guhagarika intambara na Ukraine

Amerika yatangaje ko kugeza ubu umupira uri mu biganza by’u Burusiya kugira ngo baganire bemeranye…

2 hours ago

Perezida Kagame yahishuye uko umukoresha wa Tshisekedi yatunguwe no kumubona ayobora igihugu

Mu kiganiro n’umunyamakuru Mario Nawfal, Perezida Kagame yavuze ko mbere y’uko Tshisekedi ayobora RDC, yamaze…

23 hours ago

UEFA Champions League: PSG yasezereye Liverpool, Bayern Munich, Barcelona na Inter Milan zigera muri ¼

Amakipe arimo FC Barcelona, Bayern Munich, Inter Milan na Paris Saint-Germain yigaranzuye Liverpool mu mukino…

1 day ago

M23 yakubise inshuro ingabo z’u Burundi ifata agace bari barakabye

Mu mirwano yabaye ku munsi wo kuwa mbere M23 yafashe agace ka Kaziba muri operation…

2 days ago

Manchester United igiye kubaka Stade izaba ari ya mbere mu Bwongereza yakira abantu benshi

Ubuyobozi bwa Manchester United bwatangaje ko bugiye kuvugurura Stade ya Old Trafford ikazajya yakira abantu…

2 days ago