Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yakuyeho amabwiriza yo gipimwa umuriro ku muntu ugiye kwinjira ahahurira abantu benshi nk’uko byari bisanzwe bikorwa.
Mu itangazo yanyujije ku ru kuta rwayo rwa Twitter kuri uyu wa Kane tariki 17 Werurwe 2022 yagize iti: “Minisiteri y’Ubuzima iramenyesha Abaturarwanda bose ko ibikorwa byo gupimira umuriro ku marembo y’ahahurira abantu benshi bitagifatwa nk’imwe mu ngamba zo kwirinda ikwirakwizwa rya COVID-19”.
Gupimwa Umuriro hakoreshejwe akuma kabugenewe byafatwaga nk’imwe mu ngamba zo kwirinda ikwirakiwra ry’icyorezo cya COVID-19, ni bimwe mu byakorerwaga uwifuza kwinjira ahahurira abantu benshi nko; mu masoko, Mu birori, mu nsengero n’ahandi. Ibi bikuweho nyuma y’uko hagiye hushira hafi ukwezi, mu Rwanda hagaragara umubare muto w’abarwayi bashya banduye iki cyorezo.
Minisiteri y’ubuzima ikangurira Abaturage gukomeza kubahiriza andi mabwiriza nko; Gukaraba intoki, kwambara neza agapfukamunwa ndetse ari nako bakomeza kwikingiza inkingo zose n’urushimangira.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…