POLITIKE

Perezida Kagame na Museveni wa Uganda bongeye guhura baganira imbona nkubone

Perezida Paul Kagame yahuye na mugenzi we wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, bwa mbere kuva umubano w’ibihugu byombi wakongera gufata indi sura n’imipaka igafungurwa.

Advertisements

Aba bakuru b’ibihugu byombi bahuriye muri Kenya bitabiriye umuhango wo gushyira umukono ku masezerano yinjiza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu Muryango w’Ibihugu byo muri Afurika y’Iburasirazuba.

Perezida Museveni abinyujije kuri Twitter yavuze ko yahuye na mugenzi we w’u Rwanda.

Ati “Nahuye na Perezida w’u Rwanda Paul Kagame, mbere gato y’uko twembi tuba abahamya b’igikorwa cyo gusinya amasezerano ya nyuma yinjiza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo muri EAC.”

Perezida Kagame yaherukaga guhura na mugenzi we wa Uganda, muri Gashyantare 2020, mu biganiro byabereye i Gatuna hagamijwe gushaka umuti w’ikibazo cy’umubano mubi wari umaze igihe hagati y’ibihugu byombi.

Nubwo bataherukaga guhura, mu bihe bitandukanye Perezida Kagame yagiye yakira intumwa za Perezida Museveni zirimo Ambasaderi wa Uganda muri Loni, Adonia Ayebare ndetse n’umuhungu we akaba n’Umugaba w’Ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba.

Aba bakuru b’ibihugu byombi bahuye mu gihe umubano w’u Rwanda na Uganda watangiye kujya mu buryo ahanini biturutse ku biganiro Perezida Kagame yagiye agirana na Lt Gen Muhoozi Kainerugaba

DomaNews.rw

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago