POLITIKE

Perezida Kagame ategerejwe muri Congo Brazzaville kuri uyu wa mbere

Perezida Paul Kagame ategerejwe muri Repubulika ya Congo [Congo-Brazzaville] mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu ku butumire bwa mugenzi we, Denis Sassou N’Guesso.

Uruzinduko rw’Umukuru w’Igihugu i Brazzaville ruratangira kuri uyu wa Mbere tariki 11 Mata ruzarangire ku wa 13 Mata 2022 nk’uko byatangajwe na Perezidansi y’icyo gihugu.

Itangazo rigenewe abanyamakuru ryasohotse ku wa 9 Mata 2022, rigashyirwaho umukono n’Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Imirimo y’Inama y’Abaminisitiri muri Congo, Florent Ntsiba, rivuga ko Perezida w’icyo gihugu, Denis Sassou N’Guesso ariwe watumiye mugenzi we.

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Imirimo y’Inama y’Abaminisitiri muri Congo yavuze ko uruzinduko rwa Perezida Kagame rugamije gushimangira umubano n’ubufatanye buri hagati y’ibihugu byombi

Biteganyijwe ko Perezida Kagame azakirwa na mugenzi we, Denis Sassou N’Guesso bakagirana ibiganiro byihariye.

Perezida Kagame kandi azageze ijambo ku bagize Inteko Ishinga Amategeko, imitwe yombi ndetse nyuma abakuru b’ibihugu byombi bakurikirane isinywa ry’amasezerano y’ubufatanye n’ubutwererane mu nzego zitandukanye.

Nyuma y’ibikorwa bitandukanye bizabera mu Murwa Mukuru w’iki gihugu, i Brazzaville, Perezida Denis Sassou N’Guesso azakirira mugenzi we w’u Rwanda, mu Mujyi wa Oyo, ari nawo utuyemo Umukuru w’Igihugu n’abandi bayobozi bakomeye muri Congo.

Umubano w’u Rwanda na Repubulika ya Congo watangiye mu myaka ya 1982, kuva icyo gihe ibihugu byombi bifatanya mu bya diplomasi, politiki, ubucuruzi n’izindi nzego.

Kuva muri iyo myaka ibihugu byombi byagiye bigirana amasezerano y’ubufatanye ndetse mu 2016 u Rwanda rufungura Ambasade i Brazzaville.

Amasezerano Kigali na Brazzaville biherutse kugirana ni ayo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Dr Biruta Vincent na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga no guteza imbere ubufatanye hagati ya leta n’abikorera, Denis Christel Sassou Nguesso, bagiranye mu Ugushyingo 2021.

Ajyanye n’ubutwererane mu bya gisirikare, ubufatanye mu kuzamura imyigire n’imyishirize muri za Kaminuza, ubufatanye mu iterambere rirambye, kubungabunga ibidukikije, guteza imbere ubucuruzi hagati y’ibihugu byombi no gukomeza kwagura ubufatanye mu guteza imbere ingendo zo mu kirere.

Congo Brazzaville biteguye kwakira Perezida Kagame kuri uyu wa mbere

DomaNews.rw

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

6 days ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

7 days ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

7 days ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

1 week ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

1 week ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

1 week ago