INKURU ZIDASANZWE

Ikirangirire mu iteramakofe ku Isi Mike Tyson cyakubitiye umugenzi mu ndege

Mike Tyson wabaye ikirangirire mu mukino w’iteramakofe ku Isi, yakubitiye mu ndege umugenzi bivugwa ko wari umwendereje akamutera icupa ry’amazi.

Advertisements

Umuvugizi wa Tyson yatangaje ko uwo mugenzi ari we washotoye Mike Tyson, akamutera icupa ry’amazi mu gihe undi yari yicaye mu mwanya we.

Amashusho agaragaza iyo mirwano, yashyizwe hanze na TMZ Sports. Yafatiwe mu ndege ya JetBlue i San Francisco. Agaragaza umugabo uri gukubita mugenzi we wari wicaye mu ntebe y’inyuma.

Ntabwo agaragaza mu buryo burambuye uko iyo nkundura yatangiye ndetse n’icupa ry’amazi bivugwa ko Tyson yakubiswe, ntabwo rigaragara.

Ayo mashusho amara amasegonda icumi, yerekana umuntu ushaka kugerageza guhosha iyo mirwano ari kuvuga ngo “hey Mike, Mike.”

Umugabo wakubiswe na Mike Tyson yari yaviriranaga amaraso mu maso (Photo from internet)

Mu ijoro ryo ku wa Gatatu, Polisi yatangaje ko yitabajwe kugira ngo ihoshe iyo mirwano yari iri kubera mu ndege ku kibuga cy’i San Francisco.

Babiri bivugwa ko bayigizemo uruhare bafunzwe ndetse umwe yari afite ibikomere. Ntabwo higeze hatangazwa amakuru arambuye y’uko byagenze.

Mike Tyson nyuma yo kurwanira mu Indege yahise afatwa ariko ntibyatangajwe niba yakomeje gufungwa cyangwa yarekuwe (Photo by Phillip Faraone/Getty Images 2021)

DomaNews.rw

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago