NEWPORT BEACH, CALIFORNIA - DECEMBER 05: Mike Tyson attends the Mike Tyson Cares & We 2 Matter Fundraiser on December 05, 2021 in Newport Beach, California. (Photo by Phillip Faraone/Getty Images)
Mike Tyson wabaye ikirangirire mu mukino w’iteramakofe ku Isi, yakubitiye mu ndege umugenzi bivugwa ko wari umwendereje akamutera icupa ry’amazi.
Umuvugizi wa Tyson yatangaje ko uwo mugenzi ari we washotoye Mike Tyson, akamutera icupa ry’amazi mu gihe undi yari yicaye mu mwanya we.
Amashusho agaragaza iyo mirwano, yashyizwe hanze na TMZ Sports. Yafatiwe mu ndege ya JetBlue i San Francisco. Agaragaza umugabo uri gukubita mugenzi we wari wicaye mu ntebe y’inyuma.
Ntabwo agaragaza mu buryo burambuye uko iyo nkundura yatangiye ndetse n’icupa ry’amazi bivugwa ko Tyson yakubiswe, ntabwo rigaragara.
Ayo mashusho amara amasegonda icumi, yerekana umuntu ushaka kugerageza guhosha iyo mirwano ari kuvuga ngo “hey Mike, Mike.”
Mu ijoro ryo ku wa Gatatu, Polisi yatangaje ko yitabajwe kugira ngo ihoshe iyo mirwano yari iri kubera mu ndege ku kibuga cy’i San Francisco.
Babiri bivugwa ko bayigizemo uruhare bafunzwe ndetse umwe yari afite ibikomere. Ntabwo higeze hatangazwa amakuru arambuye y’uko byagenze.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…