Perezida wa Repubulika ya Uganda, Yoweri Museveni, yasabye abinubira izamuka ry’ibiciro by’imigati n’ibura ryayo ko batangira kurya imyumbati.
Uyu Mukuru w’Igihugu yabivugiye ku kibuga cya Kololo kuri uyu wa 1 Gicurasi 2022 ubwo we, abayobozi batandukanye ndetse n’abaturage bizihizaga umunsi mpuzamahanga w’umurimo.
Mu bibazo yakomojeho kuri uyu munsi, harimo intambara yo muri Ukraine yatumye ibicuruzwa bitandukanye birimo ibikomoka kuri peteroli n’ibinyampeke nk’ingano bihenda.
Nk’uko n’abandi bagiye babivuga kenshi, Museveni na we yasobanuye ko ihenda ry’ingano ryatumye ibiciro by’imigati bizamuka, bamwe bahagarika kuyirya.
Abatakirya imigati kubera ihenda ryayo Museveni yabasabye kurya imyumbati, kuko na we ngo ntarya umugati. Ati: “Niba nta mugati, murye imyumbati. Abanyafurika mu by’ukuri barigora. Murinuba ngo nta mugati cyangwa ingano, ndabasabye nimurye imyumbati. Nanjye ntabwo ndya imigati.”
Ku bicuruzwa by’ingenzi birimo ibikomoka kuri peteroli n’ifumbire mvaruganda, Perezida Museveni yabamenyesheje ko ari kuvugana n’abo mu bihugu by’i Burayi kugira ngo ikibazo cyabyo gikemuke.
Yagize ati: “Ikibazo cy’ibiciro by’ibicuruzwa nka peteroli, amafumbire mvaruganda n’ibindi bitunganywa n’inshuti zacu z’i Burayi, turi kuvugana na bo bucece. Nta mpungenge, tuzabona ibisubizo. Turi kuvugana n’abo mu burengerazuba bw’Uburayi n’u Burusiya. Tuzabatangarije ibyo turi gukora mu gihe gikwiye.”
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…