MU MAHANGA

Uganda: Abinubira ihenda n’ibura ry’imigati basabwe kurya imyumbati

Perezida wa Repubulika ya Uganda, Yoweri Museveni, yasabye abinubira izamuka ry’ibiciro by’imigati n’ibura ryayo ko batangira kurya imyumbati.

Advertisements

Uyu Mukuru w’Igihugu yabivugiye ku kibuga cya Kololo kuri uyu wa 1 Gicurasi 2022 ubwo we, abayobozi batandukanye ndetse n’abaturage bizihizaga umunsi mpuzamahanga w’umurimo.

Mu bibazo yakomojeho kuri uyu munsi, harimo intambara yo muri Ukraine yatumye ibicuruzwa bitandukanye birimo ibikomoka kuri peteroli n’ibinyampeke nk’ingano bihenda.

Nk’uko n’abandi bagiye babivuga kenshi, Museveni na we yasobanuye ko ihenda ry’ingano ryatumye ibiciro by’imigati bizamuka, bamwe bahagarika kuyirya.

Abatakirya imigati kubera ihenda ryayo Museveni yabasabye kurya imyumbati, kuko na we ngo ntarya umugati. Ati: “Niba nta mugati, murye imyumbati. Abanyafurika mu by’ukuri barigora. Murinuba ngo nta mugati cyangwa ingano, ndabasabye nimurye imyumbati. Nanjye ntabwo ndya imigati.”

Ku bicuruzwa by’ingenzi birimo ibikomoka kuri peteroli n’ifumbire mvaruganda, Perezida Museveni yabamenyesheje ko ari kuvugana n’abo mu bihugu by’i Burayi kugira ngo ikibazo cyabyo gikemuke.

Yagize ati: “Ikibazo cy’ibiciro by’ibicuruzwa nka peteroli, amafumbire mvaruganda n’ibindi bitunganywa n’inshuti zacu z’i Burayi, turi kuvugana na bo bucece. Nta mpungenge, tuzabona ibisubizo. Turi kuvugana n’abo mu burengerazuba bw’Uburayi n’u Burusiya. Tuzabatangarije ibyo turi gukora mu gihe gikwiye.”

Umukuru w’Igihugu cya Uganda yavugiye ibi ku kibuga cya Kololo kuri uyu wa 1 Gicurasi 2022 ubwo we, abayobozi batandukanye ndetse n’abaturage bizihizaga umunsi mpuzamahanga w’umurimo

DomaNews.rw

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago