Guverinoma y’u Rwanda yakuyeho itegeko ryo kwambara agapfukamunwa ahantu hose mu Rwanda, iri ryari ibwiriza rikomeye mu guhangana n’icyorezo cya Covid-19 rikaba ryari rimazeho imyaka isaga ibiri n’ukwezi kumwe.
Ni umwanzuro imwe mu ngingo z’umwanzuro wa kabiri w’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatanu iyobowe na Perezida Paul Kagame, ukaba wafashwe nyuma yo gusuzuma uko icyorezo cya Coronavirus gihagaze mu gihugu.
Umwanzuro ugira uti “Ntibikiri itegeko kwambara agapfukamunwa. Cyakora abantu barashishikarizwa kwambara agapfukamunwa igihe bari ahantu hafunganye kandi hahurira abantu benshi. Abaturage barakomeza gushishikarizwa kandi kwimipimisha kenshi no kubahiriza ingamba zo kwirinda Covid-19.”
Nubwo agapfukamunwa kavuyeho, Leta irasaba abaturarwanda kwikingiza byuzuye kugira ngo bemererwe kujya ahantu hahurira abantu benshi nko kwinjira mu modoka zitwara abagenzi mu buryo rusange.
Kwambara agapfukamunwa byagizwe itegeko rireba buri Muturarwanda, kuva ku wa 18 Mata, 2020.
Icyo gihe ubwandu bwa Coranavirus bwari hejuru cyane, buri muntu wese agasabwa kwambara agapfukamunwa kugira ngo yirinde kwanduza cyangwa kwandura COVID-19.
Ministri w’Ubuzima, Dr Daniel Ngamije yavuze icyo gihe ko Abaturarwanda bose bagomba kujya bambara agapfukamunwa igihe bari mu ngo n’igihe basohotse.
Gusa icyorezo kimaze kugenza amaguru make, agapfukamunwa kari kakuweho ku bantu bari muri siporo, umwe ku giti cye.
Inama y’Abaminisitiri yanzuye ko izindi ngamba zo kwirinda Covid-19 zikomeza gukurikizwa, icyemezo kikazasuzumwa nyuma y’ukwezi.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…