IMYIDAGADURO

Urubanza rwa Ishimwe Dieudonne (Prince Kid) rwashyizwe mu muhezo

Urubanza rwa Ishimwe Dieudonne [Prince Kid] ukurikiranyweho ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina bikekwa ko yakoreye bamwe mu bakobwa bitabiriye irushanwa rya Miss Rwanda amaze igihe ategura, rwashyizwe mu muhezo.

Uyu munsi nibwo Prince Kid yitabye Urukiko ku nshuro ya kabiri aburana ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo, ni nyuma y’uko ubwa mbere rwari rwasubitswe.

Uru rubanza rwatangiye saa 9h30’ mu rukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro, abashinjacyaha basabye ko uru rubanza rwabera mu muhezo kubera imiterere y’ibyaha aregwa no ku mutekano w’abatangabuhamya.

Prince Kid n’umwunganira mu mategeko bavuze ko nta mpamvu yo kurushyira mu muhezo kubera ko ibyaha aregwa byavugiwe ku ka rubanda ndetse anafatwa yafashwe abantu babona, bongeraho ko Prince Kid afunzwe iby’umutekano w’abatangabuhamya ntaho bahurira, bityo ko kurushyira mu muhezo nta shingiro bifite.

Umucamanza yavuze ko bitewe n’imiterere y’urubanza rurimo ingingo zishobora kubangamira uburere mbonezabupfura rukwiye kubera mu muhezo.

Tariki ya 26 Mata 2022 nibwo Prince Kid, umuyobozi wa Rwanda Inspiration Backup yateguraga Miss Rwanda yatawe muri yombi akurikiranyweho ibyaha bitatu; gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, gusaba cyangwa gukoresha ishimishamubiri rishingiye ku gitsina no guhoza undi ku nkeke bifitanye isano n’imibonano mpuzabitsina byose yakorewe abakobwa bitabiriye Miss Rwanda mu bihe bitandukanye.

Tariki ya 26 Mata 2022 nibwo Prince Kid, umuyobozi wa Rwanda Inspiration Backup yateguraga Miss Rwanda nibwo yatawe muri yombi

DomaNews.rw

Recent Posts

U Rwanda rwanyomoje Amerika yarushinje kurasa mu nkambi iri hafi ya Goma

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yanyomoje Leta Zunze Ubumwe za Amerika zashinje Ingabo…

6 hours ago

Abagenzi bagera kuri 70 bafashwe n’indwara yo kuruka ubwo bari mu ndege

Abagenzi bagera kuri 70 bari mu ndege yavaga mu birwa bya Maurice yerekeza i Frankfurt…

6 hours ago

Nyanza: Abantu babiri baguye mu mugezi wa Burakari

Abantu babiri bapfuye barohamye mu mugezi wa Burakari uherereye mu Murenge wa Busoro mu Karere…

7 hours ago

Ambasaderi Karabaranga yasuye ikipe ya APR BBC iri mu irushanwa rya BAL

Kuri iki gicamunsi, Ambasaderi w'u Rwanda muri Senegal Karabaranga Jean Pierre yasuye ikipe ya APR…

20 hours ago

Shakib umugabo wa Zari na Harmonize barifuza kumvana mu mitsi

Ni ibikubiye mu butumwa Harmonize yasangije abamukurikirana ku mbuga nkoranyambaga ze, aho yagaragaje ubutumwa Shakib…

1 day ago

Nyuma y’amezi atanu basezeranye, Kenny Sol n’umugore we bibarutse imfura

Umuhanzi Kenny Sol n'umugore we bari mu byishimo bihambaye nyuma y'uko yibarutse imfura yabo. Amakuru…

1 day ago