Categories: IMYIDAGADURO

Igitaramo cya Joe Boy cyagombaga kubera i Kigali cyasubitswe

Igitaramo cyari kuzaririmbwamo na Joe Boy cyari gitegerejwe i Kigali cyasubitswe habura icyumweru kimwe gusa ngo kibe, amakuru ahari agahamya ko kimuriwe mu mezi ari imbere.

Advertisements

Isubikwa ry’iki gitaramo ryaturutse ku kuba EAP yari yatumiye Joe Boy bahisemo kwigiza inyuma iki gitaramo kuko hari ibyo bifuza kubanza gutegura neza kugira ngo kirusheho kuzagenda neza.

Uyu muhanzi yari yatangajwe nk’uzitabira igitaramo cyiswe ‘Kigali Fiesta Live Concert’ cyagombaga kuzaba ku wa 23 Nyakanga 2022.

Byari byavuzwe ko Joe Boy yari kuzahurira mu gitaramo na Bruce Melodie, Davis D, Christopher, Bushali, Juno Kizigenza, Chris Eazy na Kenny Sol.

Joe Boy yari agiye kongera gutaramira i Kigali nyuma y’imyaka ibiri ahavuye, uyu muhanzi muri iyi minsi akunzwe mu ndirimbo nka Alcohol n’izindi.

Uyu muhanzi igitaramo cye gisubitswe mu gihe yaherukaga gutaramira i Kigali mu 2020 ubwo yari yatumiwe muri Kigali Jazz Junction

DomaNews.rw

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago