Igitaramo cyari kuzaririmbwamo na Joe Boy cyari gitegerejwe i Kigali cyasubitswe habura icyumweru kimwe gusa ngo kibe, amakuru ahari agahamya ko kimuriwe mu mezi ari imbere.
Isubikwa ry’iki gitaramo ryaturutse ku kuba EAP yari yatumiye Joe Boy bahisemo kwigiza inyuma iki gitaramo kuko hari ibyo bifuza kubanza gutegura neza kugira ngo kirusheho kuzagenda neza.
Uyu muhanzi yari yatangajwe nk’uzitabira igitaramo cyiswe ‘Kigali Fiesta Live Concert’ cyagombaga kuzaba ku wa 23 Nyakanga 2022.
Byari byavuzwe ko Joe Boy yari kuzahurira mu gitaramo na Bruce Melodie, Davis D, Christopher, Bushali, Juno Kizigenza, Chris Eazy na Kenny Sol.
Joe Boy yari agiye kongera gutaramira i Kigali nyuma y’imyaka ibiri ahavuye, uyu muhanzi muri iyi minsi akunzwe mu ndirimbo nka Alcohol n’izindi.
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…
Kuwa Kane, tariki 27 Gashyantare 2025, Umuyobozi wa Fondasiyo ya Sida ya Desmond Tutu, Linda-Gail…
Igisirikare cy’u Burundi cyahakanye ku kuba ari cyo cyagabye igitero ahaberaga inama ya AFC/M23 n’abaturage…
José Mourinho utoza Fenerbahçe SK yahagaritswe imikino ine ndetse anacibwa amande ya 35.194£, nyuma yo…
Kuri uyu wa Kane tariki 27 Gashyantare 2025, mu Mujyi wa Bukavu hakozwe inama yaririmo…