POLITIKE

Perezida Kagame yasuye Akarere ka Ruhango abemerera kubongerera ibikorwa remezo

Perezida Paul Kagame yasuye abatuye Akarere ka Ruhango abemerera kongera ibikorwa remezo by’amazi ndetse no kubaka imihanda ya Kaburimbo, igera ku bitaro bya Gitwe na Kinazi.

Ku kibuga cy’umupira cya Kibingo niho Perezida Kagame yahuriye n’abaturage ibihumbi b’Akarere ka Ruhango na bamwe bo mu turere baturanye.

Perezida Kagame yaherukaga guhurira n’abaturage kuri iki kibuga tariki 14 Nyakanga 2017, ari naho hatangiriye ibikorwa byo kwamamaza umukandida wa FPR Inkotanyi.

Yashimiye abaturage uburyo bitwaye mu kurwanya icyorezo cya Covid-19 cyakomye mu nkokora ibikorwa by’inshi birimo n’ibihuza abayobozi n’abaturage.

Akanyamuneza kagaragaraga ku baturage ba Perezida wabo ubwo yabanyuragamo abaramutsa kagaragazaga urukundo n’urukumbuzi.

Ashingiye ku byifuzo yagejejweho n’umuyobozi w’Akarere ka Ruhango birimo icyo kongera ibikorwaremezo by’amazi, aho abo ageraho ari 68% gusa ndetse n’icyo kubaka imihanda ya kaburimbo ihuza ibice bitandukanye by’Akarere by’umwihariko imihanda igera ku bitaro bya Kinazi na Gitwe, Perezida Kagame yemereye aba baturage ko abafitiye umwenda.

Perezida Kagame yabwiye abaturage ko nubwo leta ikora ibishoboka byose ngo ibagezeho ibikorwa biteza imbere ubukungu n’imibereho myiza yabo, nabo ubwabo bakwiye gushyiraho akabo mu gufata neza ibyo bikorwa no kubikuramo inyungu.

Yifashishije urugero rw’urukingo rwa Covid-19, Perezida Kagame yashimiye abaturage bemeye kwikingiza nubwo hirya no hino ku isi hari abanze kwikingiza ndetse no mu gihugu hakaba bake bahunga, maze ahamagarira abaturage kujya barangwa no kumva vuba no kwita ku bibafitiye akamaro.

Perezida Kagame yavuze ko bitumvikana ukuntu uruganda rwongerera agaciro imyumbati rwa Kinazi rukora ku rugero rwa 50% by’ubushobozi bwarwo, asaba abaturage gutanga umusanzu wabo bongera umusaruro.

Mu rubuga rw’ibibazo n’ibitekerezo, umwarimu wafashe ijambo yashimiye umukuru w’igihugu ko bongerewe umushahara.

Umukuru w’igihugu yasezeranyije gukemura ikibazo cy’ubwishingizi buhenze bwa Moto ndetse n’icyo kubaka sitade mu karere ka Ruhango.

Foto: RBA

DomaNews.rw

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

18 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

18 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

19 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

19 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago