MU MAHANGA

Umubyeyi yakatiwe gufungwa burundu kubera guha umwana we indyo ituzuye bikamuviramo Urupfu

Muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, umubyeyi w’umugore yakatiwe igifungo cya burundu kubera urupfu rw’umwana we w’amezi 18 wazize imirire mibi, yatewe no kugaburirwa imbuto n’imboga gusa.

Advertisements

Sheila O’Leary, w’imyaka 39, yahamije n’Urukiko rw’i Florida icyaha Cyo kwica abigambiriye, guhohotera umwana ndetse no kutita ku mwana.

Abashinjacyaha bavuze ko umwana we w’umuhungu witwa Ezra yari afite ikibazo cy’imirire mibi ikabije akaba yari afite ibiro birindwi gusa ubwo yitabaga Imana muri Nzeri 2019.

O’Leary n’umugabo we w’imyaka 33, Ryan O’Leary, babwiye Polisi ko bagaburira abana babo indyo igizwe n’imbuto n’imboga gusa. Bongeraho ko Ezra we yonkaga.

Uretse uyu witabye Imana, n’abandi bana batatu bo muri uyu muryango harimo uw’umwaka umwe, uw’imyaka itanu ndetse n’ ufite imyaka 11 bari bafite ibibazo by’imirire mibi, kutitabwaho no guhohoterwa.

O’Leary yakatiwe nyuma y’umwiherero w’amasaha atatu hagati y’abagize urukiko rw’i Florida. Uru rubanza rukaba rwaramaze iminsi itanu.

Sheila O’Leary yakatiwe gufungwa burundu kubera guha umwana we indyo ituzuye bikamuviramo Urupfu

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago