IMYIDAGADURO

Abazitabira RBL All Star Game bijejwe ibirori bidasanzwe

Abazitabira Umukino uhuza Abakinnyi b’ibihangange ba Basket mu Rwanda “RBL All Star Game 2022, bijejwe ibirori bidasanzwe bazagezwaho na Saut Sol n’abandi bahanzi bazatarama kuri uyu wa gatandatu tariki 24 Nzeri muri BK Arena.

Advertisements

Uyu mukino wateguwe na Federasiyo y’Umukiono wa Basket mu Rwanda FERWABA, wahujwe n’Igitaramo kizaririmbamo Itsinda ry’abaririmbyi rikunzwe cyane ryo mu gihugu cya Kenya rizwi nka Saut Sol, n’Abahanzi b’Abanyarwanda barimo Christopher, Ish Kevin n’abandi bazwiho kuvanga imiziki mu Rwanda bazasusurutsa abazaba bitabiriye.

Kuri uyu wa gatanu iri tsinda ryasesekaye mu Rwanda aho ryijeje abazitabira iki gitaramo kuzishima. Saut Sol yaherukanga mu Rwanda kuya 02 Nzeri 2022 mu muango wo kwita Izina abana b’Ingagi, ikaba igarutse gutaramira Abantarwanda muri BK Arena.

Mu kigariro n’Abanyamakuru bavuze ko abazitabira bazahabwa ibyishimo, Bien Aime Baraza umwe mu bagize iri tsinda yagize ati: “Mu Rwanda ni mu rugo, turifuza ko abazitabira bose bazataha bishimye, tuzanywe no gushimisha abavandimwe”.

FERWABA itegura uyu mukino ngarukamwaka wanahujwe n’igitaramo yavuze ko Abanyarwanda bakwiye kwitegura ibidasanzwe kuruta uko byagenze mu myaka ishize.

Jabo Landry ushinzwe ibikorwa bya FERWABA yagize ati: “Nabwira abanyarwanda kwitega ibirori kuko n’igihe cyo gusoza imikino imaze umwaka, turi gushaka guha ibirori bidasanzwe abanyarwanda nk’uko twabikoze umwaka ushize ariko tukagira n’icyo turenzaho kuruta uko byagenze mu bindi bihe”.

Kwinjira muri iki gitaramo no kureba uyu mukino bizaba ari ukwishyura 45,000 Frw, 25,000 Frw, 15,000 Frw, 10,000 Frw na 5,000 Frw ku banyeshuri
Hamuritswe umwamwambaro mushya uzambarwa mu mukino wa RBL All Star Game
Itsinda rya Saut Sol ryiteguye gutaramira abazitabira RBL All Star Game 2022
Umuhanzi w’Umunyarwanda Christopher ni umwe mu bazasusurutsa abazitabira iki Gitaramo
Iki gitaramo cyateguwe na FERWABA n’abaterankunga barimo BK Arena, Visit Rwanda, CHEETAH ENERGYDRINK n’abandi

Amafoto: Shema Christian

Jean Aime Desire Izabayo

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago