Abazitabira Umukino uhuza Abakinnyi b’ibihangange ba Basket mu Rwanda “RBL All Star Game 2022, bijejwe ibirori bidasanzwe bazagezwaho na Saut Sol n’abandi bahanzi bazatarama kuri uyu wa gatandatu tariki 24 Nzeri muri BK Arena.
Uyu mukino wateguwe na Federasiyo y’Umukiono wa Basket mu Rwanda FERWABA, wahujwe n’Igitaramo kizaririmbamo Itsinda ry’abaririmbyi rikunzwe cyane ryo mu gihugu cya Kenya rizwi nka Saut Sol, n’Abahanzi b’Abanyarwanda barimo Christopher, Ish Kevin n’abandi bazwiho kuvanga imiziki mu Rwanda bazasusurutsa abazaba bitabiriye.
Kuri uyu wa gatanu iri tsinda ryasesekaye mu Rwanda aho ryijeje abazitabira iki gitaramo kuzishima. Saut Sol yaherukanga mu Rwanda kuya 02 Nzeri 2022 mu muango wo kwita Izina abana b’Ingagi, ikaba igarutse gutaramira Abantarwanda muri BK Arena.
Mu kigariro n’Abanyamakuru bavuze ko abazitabira bazahabwa ibyishimo, Bien Aime Baraza umwe mu bagize iri tsinda yagize ati: “Mu Rwanda ni mu rugo, turifuza ko abazitabira bose bazataha bishimye, tuzanywe no gushimisha abavandimwe”.
FERWABA itegura uyu mukino ngarukamwaka wanahujwe n’igitaramo yavuze ko Abanyarwanda bakwiye kwitegura ibidasanzwe kuruta uko byagenze mu myaka ishize.
Jabo Landry ushinzwe ibikorwa bya FERWABA yagize ati: “Nabwira abanyarwanda kwitega ibirori kuko n’igihe cyo gusoza imikino imaze umwaka, turi gushaka guha ibirori bidasanzwe abanyarwanda nk’uko twabikoze umwaka ushize ariko tukagira n’icyo turenzaho kuruta uko byagenze mu bindi bihe”.
Amafoto: Shema Christian
Kuri iki gicamunsi, Ambasaderi w'u Rwanda muri Senegal Karabaranga Jean Pierre yasuye ikipe ya APR…
Ni ibikubiye mu butumwa Harmonize yasangije abamukurikirana ku mbuga nkoranyambaga ze, aho yagaragaje ubutumwa Shakib…
Umuhanzi Kenny Sol n'umugore we bari mu byishimo bihambaye nyuma y'uko yibarutse imfura yabo. Amakuru…
Uwahoze ari Perezida wa Amerika, Donald Trump yatangaje icyo azakora aramutse atsinzwe amatora ya perezida…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 3 Gicurasi 2024, Abantu babiri bacyekwagaho ubujura…
Kuri uyu wa Kane tariki 2 Gicurasi 2024, byemejwe ko ikipe y'Igihugu y'u Rwanda y'Umupira…