POLITIKE

Perezida Kagame yongeye gutorwa nka Chairman wa RPF-Inkotanyi ku majwi 99.8%

Mu matora y’umuyobozi mukuru w’ishyaka riri ku butegetsi mu Rwanda RPF-Inkotanyi, Perezida Paul Kagame yongeye gutorerwa ku riyobora n’amajwi 99.8%.

Advertisements

Mu batoye bagera ku 2102, Perezida Paul Kagame yatowe n’abagera kuri 2099 bivuze ko ayo majwi agera ku ijanisha rya 99.8%.

Hererimana Abdulkarim bari bahatanye kuri uwo mwanya yatowe n’abanyamuryango 3 gusa.

Perezida Kagame yongeye gutorerwa kuyobora RPF-Inkotanyi ku majwi 99.8%

Umwanya wa Visi Chairman watsindiwe na Senateri UWIMANA Consolée watowe n’abanyamuryango 1945 akaba yasimbuye Hon Bazivamo Christophe wari umaze imyaka 21 kuri uyu mwanya.

Gasamagera Wellars yatowe n’abanyamakuryango 1899, bigana na 90.3% ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru wa RPF-Inkotanyi atsinze Bakundukize Christine. Uyu mwanya awusimbuyeho Francois Ngarambe na we wari uwamazeho igihe.

Senateri UWIMANA Consolée yatowe nka Vice chair wa RPF-Inkotanyi asimbuye Hon Bazivamo Christophe wari umaze imyaka 21 kuri uyu mwanya
Gasamagera Wellars yatowe nk’Umunyamabanga mukuru wa RPF-Inkotanyi asimbuye Ngarambe Francois
Aya matora yabaye muri Congress ya 16 yahuriranye no kwizihiza isabukuru y’imyaka 35 ARPF-Inkotanyi imaze ishinzwe

DomaNews.rw

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago