Mukayizere Jalia Nelly ukoresha izina rya Kecapu muri sinema, yibarutse abana batatu icyarimwe.
Uyu mugore ari mu mashimwe akomeye nyuma yo kwibaruka abana batatu ntakibazo ndetse aba bakaba ari ubuheta bwe.
Amakuru avuga ko uyu mubyeyi yibarutse kuwa 14 Mata 2023, impanga eshatu zigizwe n’abahungu babiri n’umukobwa.
Kecapu ukunzwe muri filime inyura kuri YouTube ya ‘Bamenya’ avuga yiyumva neza ndetse n’abana yibarutse nyuma yo kwitabwaho neza n’abaganga.
Amakuru dufite ni uko Kecapu yibarukiye ku bitaro bya Nyirinkwaya mu Mujyi wa Kigali.
Kecapu yibarutse mugihe amaze igihe gito akoranye ubukwe n’umugabo we Jean Luc umwaka ushize, aba bombi bahishuye ko bari bamaze imyaka irenga icumi bakundana.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…