IMYIDAGADURO

’Ninjije miliyoni bwa mbere ku myaka 17 yose nahise nyashyikiriza Mama’ umuhanzi Rema

Icyamamare mu njyana ya Afrobeats wo muri Nigeria, Divine Ikubor wamamaye nka Rema yahishuye ko yinjije bwa mbere miliyoni imwe Naira (amafaranga akoreshwa mu gihugu cya Nigeria) ku myaka 17, aho yose yahise ayashyikiriza nyina umubyara.

Advertisements

Uyu muhanzi w’imyaka 22 y’amavuko yabitangaje mu kiganiro aherutse kugirana na Z100 New York.

Uyu muhanzi yagize ati “Umuntu narinzi neza ko nkeneye ni Mama umbyara, rero namuhaye ibyo nari nakoreye byose, ndabizi neza ko byari byiza gutwara imodoka ku myaka 17 ari ibintu byari kumushimisha bikomeye, ariko ntabwo byari kunshimisha kuba natwara imodoka nziza mugihe umubyeyi wanjye we ntaniyo yarafite cyangwa ngo nzajye mutiza ku rufunguzo rw’imodoka, urabizi nagombaga kumushyira mu b’imbere.’’

Aha Rema yongeyeho ko ibyo yarafite byose yabimuhaye atitaye kucyo yashoboraga kuyashoramo… ninjije miliyoni imwe y’amaNaira bwa mbere mfite imyaka 17 y’amavuko ariko naje kwinjiza arenga miliyoni. Ariko byari byiza kuba muri urwo rwego naragize ngo mbanze gutunga umuryango wawe.’’

Uyu muhanzi wavuze byinshi muri icyo kiganiro, yavuze ko ibyo yagezeho ari uko yabikesheje ku mpamvu yo gushyira imbere umuryango we ndetse no guha abandi amahirwe.

Ati: “Umuntu yampaye amahirwe yo guha umugisha Isi cyane. Ntabwo rero, nashobora kwiyumvisha ukuntu abantu nabafashaga bagiye guha nabo umugisha Isi. Urabizi, Ndagenda cyane ntabwo ari njye ubwanjye. Nkorana imbaraga ku bwabo. Nkuko imiryango inkinguriweho, nanjye ndashaka kubakingurira iyo miryango.”

Uyu muhanzi wakunzwe cyane mu ndirimbo ‘Calm down’ ni umwe mu bahanzi bato bakomeye mu gihugu cya Nigeria no ku ku Isi abikesheje ibihangano bye birimo n’iyo ndirimbo yasabwe kuyisubiranamo n’umuhanzikazi w’umunyamerika Selena Gomez ikaba imaze kurebwa n’abarenga miliyoni 400 z’abantu kuri Youtube mu mezi arindwi gusa.

Rema kandi anaheruka mu Rwanda mu gitaramo yari yatumiwemo cyo gususurutsa abari bitabiriye kureba imikino ya All Star Game 2021 gitegurwa n’ishyiramo ry’umukino w’intoki wa Basketball mu Rwanda (FERWABA).

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago