IMIKINO

Perezida wa Ferwafa Olivier Nizeyimana yeguye ku mirimo ye

Mugabo Olivier Nizeyimana wayobora ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda yeguye ku mirimo ye.

Advertisements

Mu ibaruwa yanditse yo gusezera ku nshingano zo kuyobora Ferwafa Olivier yandikiye Abanyamuryango bayo ko yabikoze ku mpamvu ze bwite.

Olivier yavuze ko izo mpamvu ze bwite zimukomereye agasanga zitamwerera gukomeza inshingano yahawe.

Yasoze ashimira komite nyobozi n’abanyamuryango bari bafatanyije kuyobora ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA), abakunzi b’umupira w’amaguru n’abafatanyabikorwa ndetse n’ubuyobozi bw’igihugu muri rusange ku kizere n’imikoranire myiza yakomeje kugaragarizwa mugihe kitari kinini yaramaze ayoboye FERWAFA.

Mugabo Olivier Nizeyimana yatorewe kuyobora FERWAFA tariki 27 Kanama 2021, ku bwiganze bw’amajwi asesuye, bw’amajwi 52 kuri 59.

Olivier Nizeyimana yemeje ko yeguye ku mwanya wo kuyobora FERWAFA ku mpamvu ze bwite

Ubwo yatorwaga mu ijambo rye yavuze ko muri manda ye azashyira imbaraga mu kongera ibikorwa bikurura abashoramari bityo bikinjiza amafaranga, kongera imbaraga mu marushanwa ategurwa na FERWAFA, gutegura amakipe y’abato uhereye mu bigo by’amashuri nk’imwe mu nzira zo kuzamura urwego rw’imikinire y’abakiri bato mu Rwanda, kunoza imikorere y’ikigo hifashishijwe ikoranabuhanga ndetse no guharanira kwitabira, guhatanira no kwakira imikino mpuzamahanga mu Rwanda.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago