Olivier Nizeyimana yemeje ko yeguye ku mwanya wo kuyobora FERWAFA ku mpamvu ze bwite
Mugabo Olivier Nizeyimana wayobora ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda yeguye ku mirimo ye.
Mu ibaruwa yanditse yo gusezera ku nshingano zo kuyobora Ferwafa Olivier yandikiye Abanyamuryango bayo ko yabikoze ku mpamvu ze bwite.
Olivier yavuze ko izo mpamvu ze bwite zimukomereye agasanga zitamwerera gukomeza inshingano yahawe.
Yasoze ashimira komite nyobozi n’abanyamuryango bari bafatanyije kuyobora ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA), abakunzi b’umupira w’amaguru n’abafatanyabikorwa ndetse n’ubuyobozi bw’igihugu muri rusange ku kizere n’imikoranire myiza yakomeje kugaragarizwa mugihe kitari kinini yaramaze ayoboye FERWAFA.
Mugabo Olivier Nizeyimana yatorewe kuyobora FERWAFA tariki 27 Kanama 2021, ku bwiganze bw’amajwi asesuye, bw’amajwi 52 kuri 59.
Ubwo yatorwaga mu ijambo rye yavuze ko muri manda ye azashyira imbaraga mu kongera ibikorwa bikurura abashoramari bityo bikinjiza amafaranga, kongera imbaraga mu marushanwa ategurwa na FERWAFA, gutegura amakipe y’abato uhereye mu bigo by’amashuri nk’imwe mu nzira zo kuzamura urwego rw’imikinire y’abakiri bato mu Rwanda, kunoza imikorere y’ikigo hifashishijwe ikoranabuhanga ndetse no guharanira kwitabira, guhatanira no kwakira imikino mpuzamahanga mu Rwanda.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…