IMYIDAGADURO

Umukinnyi wa filime Jamie Foxx amaze igihe arembeye mu bitaro

Umukinnyi wa filime akaba n’umuhanzi w’umunyamerika Jamie Foxx amaze icyumweru arembeye mu bitaro bya Altanta muri leta ya Georgia.

Advertisements

Inkuru y’uburwayi bwe yatangajwe n’umukobwa we Corinne Fox avuga ko Se amaze iminsi arwaye ariko ari kwitabwaho n’abaganga.

Ati “Abaganga bari gukora ibizamini kandi baracyagerageza kureba neza ikibazo yahuye nacyo.”

Foxx w’imyaka 55 arwariye muri Atlanta aho yari amaze iminsi yaragiye mu ifatwa ry’amashusho ya filime ‘Back in Action’ ahuriyemo n’abarimo Cameron Diaz na Glenn Close.

Umukinnyi wa filime Jamie Foxx amaze icyumweru arembye

Kugeza ubu ibikorwa byo gufata amashusho y’iyi filime ya Netflix byabaye bihagaze biteganyijwe ko bizasubukurwa mu cyumweru gitaha.

Jamie Foxx yamamaye mu filime zitandukanye zirimo nka Day Shift, The amazing Spider-Man 2, White Down n’izindi nyinshi byiyongera ku ndirimbo yagiye akora zigakundwa bikomeye.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago