Umuhanzi Itahiwacu Bruce wamamaye nka Bruce Melodie ari mu gahinda gakomeye ko kubura Nyirakuru.
Uyu muhanzi Nyarwanda abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze yifurije Nyirakuru yasigaranye ku ruhukira mu mahoro, aho yashyize ho n’ifoto barikumwe yiherekeza amagambo agira ati “Ruhukira mu mahoro yuzuye Nyirakuru, ndagukunda ubuzima bwanjye bwose. Isinzirire”
Icyakora uyu muhanzi ntiyagize ikindi atangaza kuri uyu mubyeyi we witabye Imana yarasigaranye.
Bruce Melodie agize ibyago nyuma y’iiminsi abarizwa mu bihugu by’Uburengerazuba bw’Afurika aho akomeje kwagura ibikorwa bye bya muzika, akorana n’abahanzi bamaze kwamamara muri Afurika by’umwihariko.
Umuhanzi Bruce Melodie umaze kugira izina rikomeye mu Karere bivugwa ko amaze iminsi muri Nigeria, aho yakoranye n’abahanzi baho barimo Singah ndetse na Oxlade.
Ni nyuma kandi yo gukubuka muri Tanzania, aho bivugwa ko yakoranye indirimbo eshanu n’umuhanzi Harmonize.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…