MU MAHANGA

Biravugwa ko Omar Al-Bashir wigeze kuyobora Sudan yaburiwe irengero

Omar Al Bashir wigeze kuyobora Sudan akaba ashinjwa gukora ibyaha bya Jenoside mu gihugu cye biravugwa ko yaburiwe irengero.

Omar Al-Bashir yari amaze igihe afungiye muri gereza mu Murwa Mukuru Khartoum ariko buri ruhande mu barwana rumaze iminsi rutangaza ibihabanye n’urundi ku hantu yaba aherereye.

Hari abavuga ko ari ahantu hizewe harindiwe umutekano mu gihe abandi bavuga ko ashobora kuba yaratorokeshejwe.

Bashir yahiritswe ku butegetsi n’igisirikare mu 2019 nyuma y’imyaka 30 ayoboye Sudani. Ni umwe mu bashakishwa n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ku byaha bya Jenoside ashinjwa byakorewe muri Darfur mu myaka 20 ishize.

Bashir n’abandi bayobozi bashinjwa ubwicanyi, bari bamaze igihe bafungiwe muri gereza ya Kober, kubera ko Sudani yanze kubashyikiriza ICC.

Mu mpera z’icyumweru gishize nibwo imirwano yageze mu gace Bashir afungiwemo, ari nabwo hatangiraga kwibazwa ku mutekano we.

Umwe mu basirikare ba Sudani yabwiye The Associated Press ko Bashir n’abandi basirikare babiri bahoze bakomeye ku butegetsi bwe ndetse bashinjwa uruhare mu kibazo cya Darfur, bimuriwe ahantu hizewe hakorerwa ubuvuzi bwa gisirikare i Khartoum, kugira ngo barindirwe umutekano.

Igisirikare cya Sudani cyashinje ingabo za RSF kurasa kuri iyo gereza Bashir afungiyemo, abo bavuga ko barekuye imfungwa ndetse bakanasahura.

RSF yahise ibihakana, ivuga ko igisirikare cya Leta aricyo cyarekuye imfungwa kikazimurira ahandi hantu, kugira ngo kibone uko kigarura Bashir ku butegetsi.

Gereza ya Kober ifungiyemo benshi mu bafashwe nyuma y’ihirikwa ry’ubutegetsi mu 2019, harimo n’abaje gukatirwa igihano cy’urupfu.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

7 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

8 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

8 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

8 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

2 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

2 days ago