INKURU ZIDASANZWE

Umwarimu uherutse kurwana n’umunyeshuri agatamazwa n’ubwambure bwe yahagaritse kwigisha burundu

Umwarimu uherutse kugaragara arwana n’umunyeshuri mu mashusho yaciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga bapfa telefone yahagaritse kwigisha bya kinyamwuga burundu.

Uyu mwarimu witwa Xaviera Steele wasimbujwe ku mwuga we wo kwigisha ni nyuma yo guterana amagambo n’umunyeshuri ku itariki 17 Mata.

Icyo gihe habaye imirwano ikaze hagati y’umwarimu n’umunyeshuri bapfa telefone ndetse uwo mwarimu birangira atamajwe no kwambara ubusa ibintu byasakajwe ku mbuga nkoranyambaga.

Icyakora cyo, uyu mwarimu yirinze gutangaza ahandi hantu agiye kwerekeza ku rubuga rwa OnlyFans, ubwo benshi batangaga ibitekerezo by’uko yaramaze kurwana n’umunyeshuri wagaragaje ikinyabupfura gike.

Yagize ati “Urubuga rwa OnlyFans rukomeje gutandukira, ntabwo ndi muri urwo rwego rw’abo bakobwa, nakuriye mu rusengero.”

Amashusho yashyizwe kuri Twitter yerekanye intambara ikomeye yabaye hagati ya Steele n’umunyeshuri, wababajwe n’umwarimu kubera gufata terefone ye.

Steele amaze gukambana uwo munyeshuri, yumvikanye ahamagara asaba ubufasha, asaba abaraho guhamagara abandi barimu.

Ni mugihe abandi bifatiraga amashusho barangariye uwo mwarimu.

Muri ayo mashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga Steele mu kwiregura yavuze ko aribwo bwa mbere mu mwuga we w’ubwarimu yarasagariwe n’umunyeshuri gutyo.

Yagize ati “Mu myaka 22 yose ishize, sinigeze mbona ibyo nahuye nabyo kuri uyu wa mbere”.

Ati: “Ntabwo nigeze ngabwaho igitero n’abasore. Nkunda urubyiruko. Iyi niyo mpamvu nkorana nabo. Mbafitiye umutima kuri bo. Uwo mukobwa ukiri muto wanteye maze ashaka amaraso yanjye. ”

Nk’uko Steele abitangaza ngo mu mezi make ashize mu kigo yigishagamo habaye ibintu byinshi harimo nuko umwarimu yamutunze imbunda abandi babiri bakubitwa n’abana.

Yongeyeho ati “Nkuko nkunda abana, sinshobora gushyira ubuzima bwanjye cyangwa ukubaho ku buzima kwanjye mu kaga. Nzasezera kuri uyu mwuga ”.

Uyu mwarimu Steele yarasanzwe yigisha mu kigo cya Rocky Mount muri Amerika.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

6 days ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

7 days ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

7 days ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

7 days ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

7 days ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

1 week ago