IKORANABUHANGA

Perezida Kagame yageze muri Zimbabwe aho yitabiriye inama ya Transform Africa

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame ari mu gihugu cya Zimbabwe, aho yitabiriye ihuriro rizwi nka Transform Africa Summit (TAS), ryagize uruhare rukomeye mu iterambere ry’ikoranabuhanga ku Mugabane wa Afurika.

Itangazo rya Minisiteri ishinzwe serivisi z’Amakuru, kwamamaza n’itangazamakuru, inafite mu nshingano Ikoranabuhanga muri Zimbabwe, ryagiye hanze mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 26 Mata, ryavuze ko Perezida Kagame yageze yamaze kugera ku kibuga mpuzamahanga cy’indege yakirwa n’abayobozi batandukanye bo muri icyo gihugu.

Perezida Kagame yageze muri Zimbabwe

Iyi Minisiteri yatangaje ko Perezida Kagame “yitabiriye Ihuriro rya gatandatu rya Tansform Africa Summit (TAS) itangira uyu munsi kuri Elephant Hills Hotels.”

Ihuriro rya Transform Africa Summit, ribaye ku nshuro ya gatandatu, ryakunze kubera mu Rwanda, rikaba ryarabaye urufunguzo rw’ibikorwa by’iterambere ry’ikoranabuhanga ku Mugabane wa Afurika.

Iri huriro kandi risanzwe rihuriza hamwe abayobozi bo ku rwego rwo hejuru ku Isi, abayobozi muri za Guverinoma, abo mu nzego z’ubucuruzi, no mu miryango mpuzamahanga, bakarebera hamwe icyakomeza kuzamura uru rwego rw’ikoranabuhanga muri Afurika.

Nk’uko amakuru aturuka mu biro by’umukuru abivuga biteganyijwe ko Perezida Kagame ageza ijambo ku bitabiriye iyo nama arikumwe na ari kumwe na Perezida, Emmerson Mnangagwa wa Zimbabwe, Perezida Hakainde Hichilema wa Zambia, Perezida Lazarus Chakwera wa Malawi n’Umwami Mswati III wa Eswatini.

Perezida Kagame biteganyijwe ko ageza ijambo ku bitabiriye inama ya Transform Africa 2023
Perezida Kagame ubwo yageraga muri Zimbabwe
Perezida Kagame asuhuzanya n’abari baje kumwakira

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

14 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

15 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

15 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

15 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago