MU MAHANGA

Kenya: Brenda wamamaye kuri Instagram wanavugwagaho gucuruzuga ibiyobyabwenge yapfuye

Umunya Kenya Brenda Akinyi Ochola wamamaye mu gukoresha cyane urubuga rwa Instagram yapfuye mu gihe bivugwa ko yacuruzaga ibiyobyabwenge.

Advertisements

Amakuru aturuka mu bitangazamakuru byo muri iki gihugu avuga ko Brenda Akinyi Ochola uzwi cyane ku izina rya Brendalicious, yapfiriye muri Malaysia, ni mu gihe bivugwa ko yazize Cocaine yaturikanwe mu nda ye ubwo yaragiye kuyicuruza.

Bivugwa ko ubwo yarageze ku kibuga cy’indege cya Malaysia, uyu mukobwa yatangiye gusa nuhindura imyitwarire, bituma abashinzwe umutekano batangira ku mwibazaho.

Muri ako kanya uwo mukobwa ngo yaguye hasi aho atangira kubira urufuro mukanwa.

Imbaraga zo kumukiza zagaragaza ko haricyo afite mu nda ye.

N’ubwo hari amakuru ataremezwa neza, avuga ko uwo mukobwa bamusanzemo udufuko tw’udufu 34 tw’ibiyobyabwenge bitemewe.

Ku mbuga nkoranyambaga z’uyu mukobwa Brenda zerekana ko yakoraga ingendo ze zidasanzwe zirimo kugira ibiruhuko byiza, n’ubuzima buhenze.

Nyuma y’urupfu rwe, abakoresha imbuga nkoranyambaga bagiye ku mbuga zitandukanye bagira icyo bamuvugaho.

Benshi bagiye bagaruka uburyo uwo mukobwa yari mwiza ariko batazi ko yarasanzwe acuruza ibiyobyabwenge, bamusabira kuruhikira mu mahoro.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago