RWANDA

‘Ikiganza mu kindi n’umugabo wanjye’ Miss Elsa Iradukunda akomeje gushimangira urwo akunda umugabo we Prince Kid

Iradukunda Elsa wabaye Miss Rwanda 2017 akomeje kwerekena ko akomeje kuryoherwa n’urukundo ahabwa n’umugabo we Prince Kid.

Ibi akomeje kubishimangira mu butumwa ashyira ku mbuga nkoranyambaga ze aho kuri ubu uyu mwali yashyizeho amafoto afatanye ikiganza n’umugabo we.

Aya mafoto yayarengeje amagambo agira ati “Ikiganza mu kindi n’umugabo wanjye.’’ aha kandi yanditse amagambo menshi arimo kwishimira kuba umugabo we yamusohokanye n’ibindi byinshi.

Bigaragara ko bombi basa n’abakoze ubutembere bwakoze ku mutima wa Miss Elsa Iradukunda akanyurwa.

Miss Iradukunda Elsa na Ishimwe Dieudonne wamenyekanye nka Prince Kid ni umugore n’umugabo byemewe n’amategeko.

Prince Kid wamamaye ubwo yari ayoboye kompanyi itegura irushanwa rya Miss Rwanda aherutse gusezerana byemewe n’amategeko na Miss Elsa Iradukunda tariki 2 Werurwe 2023.

Ni nyuma yaho yaravuye mu bibazo byagaragaye muri iyo kompanyi yateguraga Miss Rwanda yitwaga ‘Inspiration Back Up’, ndetse akagaragarizwa gushyigirwa n’uwo mukobwa nawe agahitamo kumwishumbusha amushaka nk’umugore we.

Miss Iradukunda Elsa asezerana n’umugabo we Prince Kid
Prince Kid na Miss Iradukunda Elsa bakundanye igihe
Ibyishimo by’urushako mu maso ya Miss Iradukunda Elsa

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

2 weeks ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

2 weeks ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

2 weeks ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

2 weeks ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

2 weeks ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago