IMYIDAGADURO

Umukinnyi wa F1 Fernando Alonso yagize icyo avuga ku bihuha byo gukundana na Taylor Swift

Mugihe hakomeje kuvugwa amakuru ko umuhanzikazi Taylor Swift ari mu rukundo rushya n’umukinnyi wa Formula 1 Fernando Alonso.

Advertisements

Uyu mukinnyi yagize icyo avuga ku bihuha byo gukundana n’umuhanzi w’umunyamerika Taylor Swift bikomeje gusakazwa.

Umuhanzikazi Taylor Swift aravugwa mu rukundo n’umukinnyi Fernando Alonso

Alonso w’imyaka 41 y’amavuko aherutse gutangaza ko yatandukanye n’umukunzi we Andrea Schlager mu ntangiriro z’uku kwezi mugihe nk’icyo Talyor swift w’imyaka 33 yatandukanye n’umukunzi we w’igihe kirekire Joe Alwyn.

Ibihuha by’uko bari mu rukundo byafashe intera biturutse ku byo uyu mukinnyi ubarizwa muri formula 1 yatangaje abinyujjije kuri Tik Tok. Bivugwa ko byaturutse ku gitekerezo yatanze ku ndirimbo yitwa ‘Feeling 33’ bikaba bikekwa ko yayihuzaga n’indirimbo y’uyu muhanzikazi ’22’. Alonso yagaragaye mu mashusho yumva indirimbo yakunzwe cyane ya ‘Karma’ mbere yuko abihagarika.

Mu mikino ya Grand Prix yaberaga Azerbaijan mu mpera z’iki cyumweru, umunyamakuru yabwiye Alonso mu kiganiro, ati “Ngomba ku kubaza iki kibazo cyangwa mve mu mwanya utarimo ariko kandi nzi ko bishoboka ko ari inkuru yawe y’urukundo kandi nta wundi niwowe.”

Ariko mbere yuko asubiza icyo kibazo, Alonso yabaye nkucyitarutsa aho yagaragaye nuhugiye muri iryo rushanwa.

Yagize ati “Mu bigaragara, oya ntacyo mfite cyo kuvuga. Nsubije. Ntacyo navuga. Biragoye cyane, imiterere ya Baku yararangiye, nzi neza ko ufite ibibazo byinshi.”

Yagize icyo atangariza Marca ku bihuha byavugwaga ati “Nkunda ubuzima bwite bwanjye n’ubunyamwuga bwanjye, nahisemo kutagira icyo mvuga.’’

Umunya Espagne Fernando Alonso Diaz yamamaye cyane mu mukino wo gutwara utumodoka dutoya tuzwi nka ‘Formula 1 ikindi akaba azwiho kuba yarakundanye n’abakobwa benshi.

Ni umwe mu bakomeye bakina Formula 1 dore mu nshuro eshatu aheruka gusiganwa yagiye aza ku mwanya wa gatatu.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago