Imodoka itwara abagenzi n’ibintu yo muri bwoko bwa RITCO yahiye irakongoka ubwo yari mu nzira.
Iyi modoka yarifite ibirango bya RAD 262 K yahiye ubwo yarigeze ahitwa Rugobagoba mu Murenge wa Gacurabwenge mu Karere ka Kamonyi yerekeza i Muhanga.
Ibi byabaye ubwo iyi bus yaritwaye abagenzi yafatwaga n’umuriro bikomeye gusa kubwa mahirwe ntihagize uyigwamo cyangwa ngo ayikomerekeremo.
Ababonye ibyabaye, bavuga ko imodoka ubwo yari mu nzira igenda mu muhanda yatangiye gushya ipine ry’inyuma, umushoferi akibibona yahise ayiparika asaba abagenzi kuyivamo byihuse ari nako bakuramo imizigo yabo bashaka kugira icyo baramira.
Mu bagenzi baraho bagerageje gukoresha ibikoresho (Amata na Fanta) bari bafite bareba ko bazimya, ariko ntibyagira icyo bifasha.
Inzego za Polisi zishinzwe umutekano mu muhanda mu minota mike zahageze ariko zahageze imodoka yahiye bikomeye.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…