INKURU ZIDASANZWE

Muhanga: RITCO yaritwaye abagenzi yahiye irakongoka

Imodoka itwara abagenzi n’ibintu yo muri bwoko bwa RITCO yahiye irakongoka ubwo yari mu nzira.

Iyi modoka yarifite ibirango bya RAD 262 K yahiye ubwo yarigeze ahitwa Rugobagoba mu Murenge wa Gacurabwenge mu Karere ka Kamonyi yerekeza i Muhanga.

Ibi byabaye ubwo iyi bus yaritwaye abagenzi yafatwaga n’umuriro bikomeye gusa kubwa mahirwe ntihagize uyigwamo cyangwa ngo ayikomerekeremo.

Ababonye ibyabaye, bavuga ko imodoka ubwo yari mu nzira igenda mu muhanda yatangiye gushya ipine ry’inyuma, umushoferi akibibona yahise ayiparika asaba abagenzi kuyivamo byihuse ari nako bakuramo imizigo yabo bashaka kugira icyo baramira.

Mu bagenzi baraho bagerageje gukoresha ibikoresho (Amata na Fanta) bari bafite bareba ko bazimya, ariko ntibyagira icyo bifasha.

Inzego za Polisi zishinzwe umutekano mu muhanda mu minota mike zahageze ariko zahageze imodoka yahiye bikomeye.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

14 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

15 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

15 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

15 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago