Umunyamakuru Olivier Bugegene uherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Ubutasi mu gihugu cy’u Burundi ngo yangiwe kujya abonana n’abagize umuryango we.
Olivier Bugegene yarasanzwe ari umunyamakuru wa RPA (Radio Publique Africaine) ifungwa rye rikaba ryaramyekanye mu cyumweru gishize.
Amakuru avuga ko uwo munyamakuru afungiye muri gereza y’Urwego rw’Ubutasi iherereye mu Mujyi wa Bujumbura.
Gusa ngo uyu munyamakuru kuva yatabwa muri yombi, abagize umuryango we bangiwe n’urwo rwego rw’ubutasi ko bahura nawe.
Impamvu nyamukuru ntibayitangarijwe ndetse kugeze ubu abagize uyu muryango we bakavuga ko atari ibintu biciye mu mucyo.
Ikinyamakuru SOS Media Burundi dukesha aya makuru kivuga ko uyu muryango wamenyesheje icyo kibazo Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu.
Ndetse ko kugeza nubu ko kitaramenya intandaro y’itabwa muri yombi umuntu wabo.
Ifatwa rya Olivier Bugegene ryavuzwe mu gihe hariho hanavugwa ifungwa rya General Allain Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe mu Burundi, ryagarutsweho cyane mu karere.
Uyu General wari usanganywe icyubahiro gikomeye mu Burundi, yatawe muri yombi tariki 21 Mata 2023, aho akurikiranyweho ibyaha bitatu birimo icyo guhungabanya umutekano w’Igihugu.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…