MU MAHANGA

DRC: Umutwe wa M23 wigaramye ibyo kuba inyuma y’ubwicanyi bwakorewe Abasivile 60

Nyuma y’uko ibinyamakuru byinshi muri Repubulika Iharanira Demokarasi byanditse bishinja umutwe wa M23 kwica abasivili 60, uyu mutwe wigaramye ibyo birego.

Advertisements

Ku wa 26 Mata nibwo ibinyamakuru bitandukanye byatangaje ko habonetse imibiri nibura 60 mu gace ka Bwito, by’umwihariko mu duce twa Kashali na Kazaroho muri teritwari ya Rutshuru, mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Mu itangazo umuvugizi w’uyu mutwe, Lawrence Kanyuka, yasohoye kuri uyu wa Mbere, yavuze ko ntaho uhuriye n’ubu bwicanyi.

Yakomeje iti “Birazwi kandi byanditse henshi ko muri Kazaroho hari ibirindiro bisaga icumi bya FDLR biyoborwa na Colonel Sirkof. Kazaroho, Rutare na Kirama ni indiri ya FDLR.”

Yakomeje avuga ko ibice byatangajwe “biri imbere muri Pariki ya Virunga, aho FDLR itema ibiti ndetse yanahinze ibigori n’indi myaka, ku buryo abanye-Congo babakodesha imirima yo guhinga.”

M23 yikana ubwicanyi bwakorewe Abasivile 60

Yakomeje ati “Twifuza kumenya ahantu abaturage bivugwa ko bishwe baturutse, kubera ko ibyo bice bivugwa biherereye muri pariki, ntabwo bituwe.”

Ubuyobozi mu nzego za Leta bwatangaje ko abo bantu bishwe hagati ya tariki 20 na 25 Mata, n’abarwanyi b’umutwe wa M23 baturutse i Mabenga, mu bilometero nibura 100 uvuye mu mujyi wa Goma.

Ubu buyobozi bwavugaga ko uretse abapfuye, abandi benshi bashimuswe ubwo bajyaga mu mirima muri Kashali na Kazaroho.

Icyakora, Guverinoma ivuga ko mu bihe by’ihinga, abaturage bimukira muri biriya bice ku bwinshi.

Uyu mutwe uvuga ko wahisemo kubahiriza ibyasabwe n’abayobozi b’akarere, ubundi byagombaga kurangizwa n’ibiganiro by’impande zombi.

Uyu mutwe uvuga ko wakomeje guhagarika imirwano, nubwo Ingabo za Leta zitahwemye kubagabaho ibitero.

Ingabo za Leta ngo zigenda zijya mu duce uyu mutwe urekura, ukaduharira Ingabo z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, EACRF. Ngo zikoresha utwo duce mu kugaba ibitero kuri M23, gukora ubwicanyi bw’abasivili bwagambiriwe, gusahura no kangiza imitungo y’abaturage bamwe.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago