Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda Nyakubahwa Perezida Paul Kagame yihanganishije abantu bibasiwe n’ibiza byatewe n’imvura yaguye mu ijoro rishyira kuwa 3 Gicurasi 2023.
Kuri ubu imibare imaze kubarurwa kn’abahitanywe n’ibyo biza by’imvura yaraye y’ibasiye intara y’Amajyaruguru, Amajyepfo n’Uburengerazuba ni 127.
Ni mugihe imibare ishobora kwiyongere dore ko hakomeje gushakishwa abandi hirya no hino baburiye ubuzima muri ibyo biza ndetse harebwa n’ibyangijwe nayo.
Mu butumwa Perezida Kagame yageneye ababuriye ababo muri ibyo biza yihanganishije imiryango yabuze ababo n’abakomerekeye mu biza byatewe n’imvura nyinshi yaguye mu bice bitandukanye by’Intara y’Iburengerezuba, Amajyaruguru n’Amajyepfo.
Mu butumwa yanyujije ku rukuta rwe rwa Twitter yagize ati ”Tubabajwe cyane kandi twihanganishije imiryango y’abahitanywe n’inkangu n’imyuzure byibasiriye Intara y’Iburengerazuba, Amajyaruguru n’Amajyepfo mu ijoro ryakeye. Turakora ibishoboka byose mu guhangana n’iki kibazo gikomeye. Nanjye ubwanjye ndabikurikiranira hafi.”
Umukuru w’igihugu akomeza avuga ko ubutabazi bukomeje mu Turere twibasiwe cyane ari two Rubavu, Ngororero, Nyabihu, Rutsiro, Karongi, Gakenke, Burera, Musanze na Nyamagabe, hibandwa ku bagizweho ingaruka n’ibyo biza ndetse no kwimura abaturage bari mu bice byibasiwe n’ibishobora kwibasirwa n’imyuzure n’inkangu mugihe imvura ikomeje kugwa.
Perezida Kagame avuga ko urwego rwihariye rushinzwe ibikorwa by’ubutabazi buri gukurikirana hafi ibikorwa byose bijyanye no gufasha no gutabara abaturage.
Perezida ashimira abaturage bari mu bice byibasiwe n’ibyo biza ubufatanye bakomeje kugaragaza abizeza ko ubuzima bwabo bukomeza kubungwa.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…