RWANDA

‘Nanjye ubwanjye ndabikurikiranira hafi’ Perezida Kagame yihanganishije abibasiwe n’ibiza bimaze kugwamo abarenga 120

Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda Nyakubahwa Perezida Paul Kagame yihanganishije abantu bibasiwe n’ibiza byatewe n’imvura yaguye mu ijoro rishyira kuwa 3 Gicurasi 2023.

Advertisements

Kuri ubu imibare imaze kubarurwa kn’abahitanywe n’ibyo biza by’imvura yaraye y’ibasiye intara y’Amajyaruguru, Amajyepfo n’Uburengerazuba ni 127.

Ni mugihe imibare ishobora kwiyongere dore ko hakomeje gushakishwa abandi hirya no hino baburiye ubuzima muri ibyo biza ndetse harebwa n’ibyangijwe nayo.

Mu butumwa Perezida Kagame yageneye ababuriye ababo muri ibyo biza yihanganishije imiryango yabuze ababo n’abakomerekeye mu biza byatewe n’imvura nyinshi yaguye mu bice bitandukanye by’Intara y’Iburengerezuba, Amajyaruguru n’Amajyepfo.

Mu butumwa yanyujije ku rukuta rwe rwa Twitter yagize ati ”Tubabajwe cyane kandi twihanganishije imiryango y’abahitanywe n’inkangu n’imyuzure byibasiriye Intara y’Iburengerazuba, Amajyaruguru n’Amajyepfo mu ijoro ryakeye. Turakora ibishoboka byose mu guhangana n’iki kibazo gikomeye. Nanjye ubwanjye ndabikurikiranira hafi.”

Umukuru w’igihugu akomeza avuga ko ubutabazi bukomeje mu Turere twibasiwe cyane ari two Rubavu, Ngororero, Nyabihu, Rutsiro, Karongi, Gakenke, Burera, Musanze na Nyamagabe, hibandwa ku bagizweho ingaruka n’ibyo biza ndetse no kwimura abaturage bari mu bice byibasiwe n’ibishobora kwibasirwa n’imyuzure n’inkangu mugihe imvura ikomeje kugwa.

Perezida Kagame avuga ko urwego rwihariye rushinzwe ibikorwa by’ubutabazi buri gukurikirana hafi ibikorwa byose bijyanye no gufasha no gutabara abaturage.

Perezida ashimira abaturage bari mu bice byibasiwe n’ibyo biza ubufatanye bakomeje kugaragaza abizeza ko ubuzima bwabo bukomeza kubungwa.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago