Nyakubahwa Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yashimiye abakomeje kwitanga mu gufasha abagizweho ingaruka y’ibiza by’imvura yaguye igahitana abarenga 120 mu gihugu.
Perezida Kagame abinyujije ku rubuga rwe rwa Twitter yashimiye byimazeyo inzego z’umutekano, inzego za leta n’izindi nzego cyane cyane amadini ku bikorwa bikomeye bikomeje gukora mu guhangana n’ingaruka zatewe n’ibiza.
Ubu butumwa buje bukurikira ubundi bwo kwihanganisha abagiriwe n’ibyago by’ibyo biza byisiye Intara y’Amajyaruguru, Amajyepfo n’Uburengezuba.
“Tubabajwe cyane kandi twihanganishije imiryango y’abahitanywe n’inkangu n’imyuzure byibasiriye Intara y’Iburengerazuba, Amajyaruguru n’Amajyepfo mu ijoro ryakeye. Turakora ibishoboka byose mu guhangana n’iki kibazo gikomeye. Nanjye ubwanjye ndabikurikiranira hafi.” Perezida Kagame
Imvura yaguye mu ijoro rya 2 rishyira kuya 3 Gicurasi 2023 yangije byinshi birimo n’imyaka y’abaturage, amatungo, idasize n’abantu abarenga 127 yahitanye.
Nyuma y’amakuba yaramaze kuba bivugwa ko abayobozi bakomeye muri Guverinoma bahise bajya muri biriya bice kugira bahumurize abagizweho ingaruka.
Ibihugu byinshi by’inshuti n’u Rwanda bikomeje gutanga ubutumwa bwo guhumuriza igihugu ku byago bikomeye yahuye nabyo byatewe n’ibiza by’imvura byasize bihitanye ubuzima bwa benshi.
Urukiko Rukuru rwa gisirikare i Kinshasa muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo ku wa kane…
Uruzinduko rwa Perezida wa Repubulika y'U Rwanda Paul Kagame yari kuzagirira mu karere ka Kicukiro…
Kuri uyu wa Kane tariki 13 Werurwe 2025, Inama idasanzwe y’abakuru b’ibihugu bigize umuryango wa…
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ategerejwe mu Karere ka Kicukiro i Gahanga aho…
Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwatangaje ko butaremeza niba buzitabira ibiganiro byabwo n’umutwe…
Amerika yatangaje ko kugeza ubu umupira uri mu biganza by’u Burusiya kugira ngo baganire bemeranye…