RWANDA

Perezida Kagame yashimiye abakomeje kwitanga mu bibazo byetewe n’ibiza by’imvura yahitanye benshi

Nyakubahwa Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yashimiye abakomeje kwitanga mu gufasha abagizweho ingaruka y’ibiza by’imvura yaguye igahitana abarenga 120 mu gihugu.

Advertisements

Perezida Kagame abinyujije ku rubuga rwe rwa Twitter yashimiye byimazeyo inzego z’umutekano, inzego za leta n’izindi nzego cyane cyane amadini ku bikorwa bikomeye bikomeje gukora mu guhangana n’ingaruka zatewe n’ibiza.

Ubu butumwa buje bukurikira ubundi bwo kwihanganisha abagiriwe n’ibyago by’ibyo biza byisiye Intara y’Amajyaruguru, Amajyepfo n’Uburengezuba.

“Tubabajwe cyane kandi twihanganishije imiryango y’abahitanywe n’inkangu n’imyuzure byibasiriye Intara y’Iburengerazuba, Amajyaruguru n’Amajyepfo mu ijoro ryakeye. Turakora ibishoboka byose mu guhangana n’iki kibazo gikomeye. Nanjye ubwanjye ndabikurikiranira hafi.” Perezida Kagame

Imvura yaguye mu ijoro rya 2 rishyira kuya 3 Gicurasi 2023 yangije byinshi birimo n’imyaka y’abaturage, amatungo, idasize n’abantu abarenga 127 yahitanye.

Nyuma y’amakuba yaramaze kuba bivugwa ko abayobozi bakomeye muri Guverinoma bahise bajya muri biriya bice kugira bahumurize abagizweho ingaruka.

Ibihugu byinshi by’inshuti n’u Rwanda bikomeje gutanga ubutumwa bwo guhumuriza igihugu ku byago bikomeye yahuye nabyo byatewe n’ibiza by’imvura byasize bihitanye ubuzima bwa benshi.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago