RWANDA

Perezida Kagame yashimiye abakomeje kwitanga mu bibazo byetewe n’ibiza by’imvura yahitanye benshi

Nyakubahwa Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yashimiye abakomeje kwitanga mu gufasha abagizweho ingaruka y’ibiza by’imvura yaguye igahitana abarenga 120 mu gihugu.

Perezida Kagame abinyujije ku rubuga rwe rwa Twitter yashimiye byimazeyo inzego z’umutekano, inzego za leta n’izindi nzego cyane cyane amadini ku bikorwa bikomeye bikomeje gukora mu guhangana n’ingaruka zatewe n’ibiza.

Ubu butumwa buje bukurikira ubundi bwo kwihanganisha abagiriwe n’ibyago by’ibyo biza byisiye Intara y’Amajyaruguru, Amajyepfo n’Uburengezuba.

“Tubabajwe cyane kandi twihanganishije imiryango y’abahitanywe n’inkangu n’imyuzure byibasiriye Intara y’Iburengerazuba, Amajyaruguru n’Amajyepfo mu ijoro ryakeye. Turakora ibishoboka byose mu guhangana n’iki kibazo gikomeye. Nanjye ubwanjye ndabikurikiranira hafi.” Perezida Kagame

Imvura yaguye mu ijoro rya 2 rishyira kuya 3 Gicurasi 2023 yangije byinshi birimo n’imyaka y’abaturage, amatungo, idasize n’abantu abarenga 127 yahitanye.

Nyuma y’amakuba yaramaze kuba bivugwa ko abayobozi bakomeye muri Guverinoma bahise bajya muri biriya bice kugira bahumurize abagizweho ingaruka.

Ibihugu byinshi by’inshuti n’u Rwanda bikomeje gutanga ubutumwa bwo guhumuriza igihugu ku byago bikomeye yahuye nabyo byatewe n’ibiza by’imvura byasize bihitanye ubuzima bwa benshi.

DomaNews

Recent Posts

RDC: Abasirikare bakomeye bashinjwe guhunga urugamba ubwo M23 yafata Goma baburanishijwe

Urukiko Rukuru rwa gisirikare i Kinshasa muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo ku wa kane…

4 hours ago

Uruzinduko Perezida Kagame yari kuzagirira I Gahanga muri Kicukiro rwimuriwe muri BK Arena

Uruzinduko rwa Perezida wa Repubulika y'U Rwanda Paul Kagame yari kuzagirira mu karere ka Kicukiro…

18 hours ago

Ubutumwa bw’ingabo za SADC zari muri RDC zasabwe kuhava

Kuri uyu wa Kane tariki 13 Werurwe 2025, Inama idasanzwe y’abakuru b’ibihugu bigize umuryango wa…

21 hours ago

Perezida Kagame azasura abaturage b’Umujyi wa Kigali kuri uyu wa Gatandatu i Gahanga

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ategerejwe mu Karere ka Kicukiro i Gahanga aho…

1 day ago

Ubutegetsi bwa Congo bukomeje kwinangira ibiganiro n’umutwe wa M23

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwatangaje ko butaremeza niba buzitabira ibiganiro byabwo n’umutwe…

1 day ago

U Burusiya bwasabwe guhagarika intambara na Ukraine

Amerika yatangaje ko kugeza ubu umupira uri mu biganza by’u Burusiya kugira ngo baganire bemeranye…

1 day ago