Leta y’u Burusiya ibona igihe kigeze ngo yivugane Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, nyuma y’aho imushinje uruhare mu kigitero cya ‘drones’ ebyiri cyagabwe ku biro bya mugenzi we Vladimir Putin i Moscow.
Igitero cy’izi drones cyagabwe kuri ibi biro mu ijoro ryo ku wa 2 rishyira uwa 3 Gicurasi 2023, gusa Leta y’u Burusiya yatangaje ko zahanuwe zitararasa.
Visi Perezida w’akanama k’u Burusiya gashinzwe umutekano, Dmitry Medvedev, kuri uyu wa 3 Gicurasi yatangaje ko nta gushidikanya, Zelensky ari we wategetse ko iki gitero kigabwa ku biro bya Perezida Putin, bityo ngo igihe kirageze ngo yicwe.
Ubu butumwa bwa Medvedev bwatangarijwe ku biro ntaramakuru by’Abarusiya, TASS, bugira buti: “Nyuma y’igitero cy’iterabwoba cy’uyu munsi, nta bundi buryo busigaye keretse gukuraho Zelensky n’agatsiko ke.”
Urukiko Rukuru rwa gisirikare i Kinshasa muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo ku wa kane…
Uruzinduko rwa Perezida wa Repubulika y'U Rwanda Paul Kagame yari kuzagirira mu karere ka Kicukiro…
Kuri uyu wa Kane tariki 13 Werurwe 2025, Inama idasanzwe y’abakuru b’ibihugu bigize umuryango wa…
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ategerejwe mu Karere ka Kicukiro i Gahanga aho…
Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwatangaje ko butaremeza niba buzitabira ibiganiro byabwo n’umutwe…
Amerika yatangaje ko kugeza ubu umupira uri mu biganza by’u Burusiya kugira ngo baganire bemeranye…