Kuri uyu wa gatandatu tariki 6 Gicurasi 2023, abantu benshi barimo abakomeye ku Isi bitabiriye ibirori by’iyimikwa ry’Umwami w’Ubwongereza Charles III.
N’ibirori byabereye I Westminster Abbey ahateraniye abayobozi bayobora ibihugu byabo abaje babihagarariye ndetse harimo n’ibyamamare mu gisate cy’imyidagaduro baje kwihera ijisho ryo imikwa.
Perezida Kagame uyoboye umuryango wa Commonwealth na Madame Jeannette Kagame ni muri bake babashije kwitabira ibyo birori byitabirwa n’abake bakomeye ku Isi.
Abashyitsi bakomeye bazindutse mu gitondo batonze umurongo ibirometero guhera saa kumi n’ebyiri za mu gitondo kugirango babone imwe mu myanya 2300 y’imbere yabagenewe. Muri Abbey ahabereye ibirori hari huzuye mbere ya saa Tatu za mu gitondo.
Ibyamamare byitabiriye byafashe ikicaro mu rusengero birimo Katy Perry, Lionel Richie, Sir Andrew Lloyd Webber, umwanditsi mukuru wa Vogue, Edward Enninful, Stephen Fry, Nick Cave, umupfumu w’Ubwongereza Dynamo, na Dame Emma Thompson.
Abandi bashyitsi barebye Umwami Charles III yambikwa ikamba mu birori bya gikristo byatangijwe guhera mu myaka 1.000.
Bivugwa ko abarinzi b’abagabo n’abagore barenga ibihumbi 7000 aribo baherekeje Umwami Charles III, bikaba ari ibirori bibaye bikomeye mu gihugu kuva 1953.
Mu nyubako yakiriye abantu 2300 abitabiriye ibyo birimo barimo abahagarariye ibihugu 39 bigize Umuryango wa Commonwealth hamwe n’abakuru b’ibihugu 100, ndetse n’abandi babarirwa mu magana basanzwe bakorera ibihugu byabo n’abaturage, bitandukanye cyane n’Umwamikazi Elizabeth yakoresheye y’imikwa kuva mu mwaka w’ 1953.
REBA HANO AMAFOTO:
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…