Umujyi wa Kigali watangaje ko siporo rusange izwi nka ‘Car Free Day’ yakuweho mu rwego rwo kuzirikana abibasiwe n’ibiza.
Car Free Day yariteganyijwe kuri uyu wa 7 Gicurasi 2023, yamaze gukurwaho.
Ni siporo rusange isanzwe ikorwa n’abaturage baturiye Umujyi wa Kigali igakorwa kabiri mu kwezi yahariwe umunsi wo ku Cyumweru.
Ikorwa mu mihanda yabunewe mu Mujyi wa Kigali aho benshi bazinduka bajya gukora siporo mu buryo bwo kugira ubuzima bwiza.
Ubutumwa bwanyujijwe ku mbuga nkoranyambaga z’Umujyi wa Kigali bagize bati “Mu rwego rwo kuzirikana abibasiwe n’ibiza mu Majyaruguru, Iburengerezuba n’Amajyepfo siporo rusange CarFreeDay yariteganyijwe ejo ku Cyumweru tariki 7 Gicurasi 2023 ntikibaye.’’
Uyu Mujyi wongeraho uburira abaturage gukomeza gukurikiza inama zo kwirinda ibiza, habungwabungwa ubuzima muri ibi bihe by’imvura idasanzwe.
Imvura iherutse kugwa kuwa 3 Gicurasi ikibasira bikomeye Intara y’Amajyepfo, Amajyaruguru n’Uburengerezuba yasize yangije byinshi birimo ibikorwaremezo bitandukanye n’abantu barapfa.
Kugeza kuri ubu abantu bamaze kubarurwa bamaze guhitanwa n’imvura iherutse kugwa mu Rwanda ni 131 harimo n’abandi batanu baburiwe irengero.
Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…
Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…
Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…
Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…
Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…