IMIKINO

Breaking: Car Free Day yariteganyijwe yakuweho

Umujyi wa Kigali watangaje ko siporo rusange izwi nka ‘Car Free Day’ yakuweho mu rwego rwo kuzirikana abibasiwe n’ibiza.

Car Free Day yariteganyijwe kuri uyu wa 7 Gicurasi 2023, yamaze gukurwaho.

Ni siporo rusange isanzwe ikorwa n’abaturage baturiye Umujyi wa Kigali igakorwa kabiri mu kwezi yahariwe umunsi wo ku Cyumweru.

Ikorwa mu mihanda yabunewe mu Mujyi wa Kigali aho benshi bazinduka bajya gukora siporo mu buryo bwo kugira ubuzima bwiza.

Ubutumwa bwanyujijwe ku mbuga nkoranyambaga z’Umujyi wa Kigali bagize bati “Mu rwego rwo kuzirikana abibasiwe n’ibiza mu Majyaruguru, Iburengerezuba n’Amajyepfo siporo rusange CarFreeDay yariteganyijwe ejo ku Cyumweru tariki 7 Gicurasi 2023 ntikibaye.’’

Uyu Mujyi wongeraho uburira abaturage gukomeza gukurikiza inama zo kwirinda ibiza, habungwabungwa ubuzima muri ibi bihe by’imvura idasanzwe.

Imvura iherutse kugwa kuwa 3 Gicurasi ikibasira bikomeye Intara y’Amajyepfo, Amajyaruguru n’Uburengerezuba yasize yangije byinshi birimo ibikorwaremezo bitandukanye n’abantu barapfa.

Kugeza kuri ubu abantu bamaze kubarurwa bamaze guhitanwa n’imvura iherutse kugwa mu Rwanda ni 131 harimo n’abandi batanu baburiwe irengero.  

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

14 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

15 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

15 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

15 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago