Umujyi wa Kigali watangaje ko siporo rusange izwi nka ‘Car Free Day’ yakuweho mu rwego rwo kuzirikana abibasiwe n’ibiza.
Car Free Day yariteganyijwe kuri uyu wa 7 Gicurasi 2023, yamaze gukurwaho.
Ni siporo rusange isanzwe ikorwa n’abaturage baturiye Umujyi wa Kigali igakorwa kabiri mu kwezi yahariwe umunsi wo ku Cyumweru.
Ikorwa mu mihanda yabunewe mu Mujyi wa Kigali aho benshi bazinduka bajya gukora siporo mu buryo bwo kugira ubuzima bwiza.
Ubutumwa bwanyujijwe ku mbuga nkoranyambaga z’Umujyi wa Kigali bagize bati “Mu rwego rwo kuzirikana abibasiwe n’ibiza mu Majyaruguru, Iburengerezuba n’Amajyepfo siporo rusange CarFreeDay yariteganyijwe ejo ku Cyumweru tariki 7 Gicurasi 2023 ntikibaye.’’
Uyu Mujyi wongeraho uburira abaturage gukomeza gukurikiza inama zo kwirinda ibiza, habungwabungwa ubuzima muri ibi bihe by’imvura idasanzwe.
Imvura iherutse kugwa kuwa 3 Gicurasi ikibasira bikomeye Intara y’Amajyepfo, Amajyaruguru n’Uburengerezuba yasize yangije byinshi birimo ibikorwaremezo bitandukanye n’abantu barapfa.
Kugeza kuri ubu abantu bamaze kubarurwa bamaze guhitanwa n’imvura iherutse kugwa mu Rwanda ni 131 harimo n’abandi batanu baburiwe irengero.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…