RWANDA

Ruhango: Umukozi wo murugo arakekwaho kwica Nyirabuja agatoroka

Mu murenge wa Kabagari akarere ka Ruhango, haravugwa amakuru yuko Umukozi wo mu rugo w’umusore uri mu Kigero cy’imyaka 20 kwica Nyirabuja akiba amafaranga arenga ibihumbi 260 n’imyenda ya Shebuja agahita atoroka amakuru.

Amakuru yemejwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kabagari, Gasasira François  avuga ko kugeza ubu uyu musore yahise atoroka akaba arimo gushakishwa.

Umukozi uzwi nka Nsabimana Daniel bikekwa ko yishe uyu mukecuru Mukarugomwa Josephine w’imyaka 75 y’amavuko. 

Umukecuru abaturage bamusanze mu nzu mu mudugudu wa Rusebeya mu Kagari ka Rwoga mu murenge wa Kabagari mu Karere ka Ruhango yapfuye, bigaragara ko yanizwe Kandi afite igikomere mu musaya.

Uwo mukozi ukomoka mu Karere ka Karongi yaburiwe irengero ndetse Habura n’imyenda ya Sebuja irimo amakoti , amapantaro n’amashati n’amafatanga y’u Rwanda arenga ibihumbi 260.

Sebuja w’uwo mukozi yatashye avuye mu kabari ni mugoroba asanga ingufuri yo ku marembo ivuniyemo ibiti yitabaza abaturage barayica, ageze mu rugo basanga n’iyo kurugi rwinjira mu nzu ni uko nayo barayica bagezemo basanga umukecuru yishwe.

Abaturage barakeka ko hari n’abamufashishije uyu mukozi wabo waruhamaze ibyumweru bibiri gusa Gukora ubwo bugome, nubwo ntawe baramenya bafatanyije.

Inzego z’Ubugenzacyaha (RIB) zahageze bahise batangiye gukora iperereza ku rupfu rwa nyakwigendera.

Umurambo wa Mukarugomwa wajyanywe gukorerwa isuzuma mu Bitaro bya Gitwe.

Christian

Recent Posts

Igihugu cy’u Burundi cyashyizeho itegeko rikakaye kuzafatanwa ishashi

Umuntu uzongera gufatanwa ishashi mu gihugu cy'u Burundi yashyiriweho itegeko rikakaye ku buryo ngo yazajya…

14 hours ago

APR Fc yashyize hanze ibiciro by’amatike azayihuza na Rayon Sports

Ikipe y'Ingabo z'Igihugu APR Fc yamaze gushyira hanze ibiciro by'amatike y'umukino azayihuza na Rayon Sports…

14 hours ago

Uko M23 yakozanyijeho na Wazalendo i Bukavu

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 3 Werurwe 2025, mu Mujyi wa Bukavu…

15 hours ago

Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda Gen. Muhoozi ari i Kigali

Kuva ku Cyumweru, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, akaba n'umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni, Gen.…

15 hours ago

Kubera iki? Perezida Ndayishimiye yisubiye agasaba ibiganiro n’u Rwanda

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yatangaje ko yifuza ibiganiro hagati y’igihugu cye n’u Rwanda, mu…

3 days ago

Inama y’Abaminisitiri bo muri EAC na SADC yasubitswe

Inama yari guhuza abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’uwa Afurika…

3 days ago