INKURU ZIDASANZWE

Umuhanzi Sintex yatawe muri yombi n’abandi bantu bane barimo umukinnyi wa Gorilla Fc

Arnold Mazimpaka wamamaye mu muziki nka Sintex yatawe muri yombi n’abandi bantu bane barimo mugenzi we w’i Burundi witwa Ndikumana Yvan ukoresha amazina y’ubuhanzi Navy Amaru. 

Undi ufunzwe ni umukinnyi wa Gorilla FC witwa Mukunzi Vivens.

Uwa kane bafunganywe nawe ni umugore witwa Valentine Uwambajimana ukurikiranyweho gucuruza urumogi kuko yafatanywe udupfunyika twarwo tugera kuri 889.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha Dr. Murangira B. Thierry yabwiye itangazamakuru ko bariya bantu bafashwe hagati y’italiki 3 n’italiki 05, Gicurasi, 2023.

Dr Murangira Thierry umuvugizi wa RIB

Bafatiwe mu bice bitandukanye aho batuye mu Karere ka Kicukiro, Umurenge wa Gatenga, Akagari ka Gatenga no mu Karere ka Nyarugenge, Umurenge wa Nyamirambo, Akagari ka Kivugiza, Umudugudu w’Amizero.

Barabapimye basanga mu maraso ya Sintex, Mukunzi Vivens ukinira Gorilla FC na Navy Amaru harimo igipimo kinini cy’urumogi.

Umukinnyi wa Gorilla Fc ari mu batawe muri yombi na Sintex

Abafashwe bose bafungiye kuri Sitasiyo za RIB zirimo iya Kacyiru, Kicukiro na Gikondo mu gihe dosiye zabo zikiri gutunganywa kugira ngo zishyikirizwe ubushinjacyaha.

Aba batatu baramutse bahamijwe n’Urukiko icyaha cyo kunywa ibiyobyabwenge bahanwa n’ingingo ya 11 y’itegeko nimero 69/2019 ryo ku wa 8 Ugushyingo 2019 rihindura nimero 68/2018 ryo ku wa 30 Kanama 2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Iri tegeko rivuga ko uhamijwe iki cyaha ahabwa igihano cy’igifungo kitari munsi y’umwaka umwe ariko kitarenze imyaka ibiri cyangwa imirimo y’inyungu rusange.

Uwambajimana Valentine ukurikiranyweho gucuruza ibiyobyabwenge nyuma yo gufatanwa udupfunyika 889 tw’urumogi we aramutse ahamijwe iki cyaha n’Urukiko yahanwa n’ingingo ya 11 y’itegeko nimero 69/2019 ryo ku wa 08 Ugushyingo 2019 rihindura itegeko nimero 68/2018 ryo ku wa 30 Kanama 2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Ivuga ko aramutse agihamijwe yahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni 20 Frw ariko atarenze miliyoni 30 Frw.

Dr Murangira B. Thierry yibukije abaturarwanda ko urumogi ruri mu bwoko bw’ibiyobyabwenge bihambaye, bityo ibihano byarwo nabyo bikomeye cyane.

Yongeyeho kandi ko u Rwanda rwungutse Laboratwari y’Igihugu y’Ibimenyetso bishingiye ku Bumenyi n’ubuhanga bikoreshwa mu Butabera RFL (Rwanda Forensic Laboratory) ipima ibiyobyabwenge mu buryo bwihuse bikagaragara ko umuntu anywa urumogi ndetse ikagaragaza n’ikigero urunywa afite mu maraso.

RIB yavuze ko itazihanganira uwo ari we wese uzafatwa anywa cyangwa acuruza ibiyobyabwenge ibyo ari byo byose kuko ari icyaha gihanwa n’amategeko.

Christian

Recent Posts

Uwunganiraga Aimable Karasira mu rubanza yabivuyemo

Kuri uyu wa Gatatu, Maitre Gatera Gashabana wunganiraga Aimable Karasira yivanye muri uru rubanza ku…

1 week ago

Perezida Kagame yashimiye Urubyiruko rw’abakorerabushake imbaraga bagaragaje mu gihe cya COVID-19

Mu birori byo kwizihiza isabukuru y'imyaka icumi Urubyiruko rw'abakorerabishake rumaze rukora ibikorwa by'Ubwitange, Perezida Paul…

2 weeks ago

Gakenke: Inzu zigera kuri zirindwi zarigise

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 6 Gicurasi, mu Murenge wa Mugunga, Akarere…

2 weeks ago

Urubyiruko rw’abakorerabushake rugera ku 7,500 rwahuriye muri BK Arena kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 (Amafoto)

Kuri uyu wa kabiri tariki 07 Gicurasi 2024, Urubyiruko rw'abakorerabishake rugera ku 7,500 rwaturutse mu…

2 weeks ago

Gen Muhoozi yasuye RDC nyuma yo kuzamurwa mu mapeti

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, ari muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

2 weeks ago

Kigali: Imodoka itwara Abanyeshuri yakoze impanuka yinjira mu nzu

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 6 Gicurasi, mu Mujyi wa Kigali…

2 weeks ago