RWANDA

Gakenke: Umugore akurikiranweho kuruma umunwa w’umugabo we akawuca

Mu karere ka Gakenke haravuga inkuru itari nziza aho umugabo yarumwe n’umugore we umunwa kugeza ucitse ibisebe bapfa ibyerekeye imitungo yo murugo.

Advertisements

Uyu mugore wakoze ayo mahano yitwa Nzanywenimana Josianne w’imyaka 28 aho bivugwa ko yabanje kugundagurana n’umugabo we bikomeye nyuma yuko n’imibanire yabo yakemangwaga.

Umugabo yarumwe umunwa n’umugore kugeza icitse ibisebe

Uyu muryango usanzwe utuye mu Murenge wa Nemba, Akagari ka Macaca, Umudugudu wa Kibingo mu karere ka Gakenke bikaba bivugwa ko ibi byabaye mu ijoro rya tariki 7 Gicurasi 2023.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nemba, Ruhashya Charles, yabwiye UMUSEKE dukesha iy’inkuru ko uwo mugore yarumye umugabo urutoki ndetse n’umunwa akawuca ubwo bapfa isesagura ry’umutungo.

Yawutangarije ati “Ni amakimbirane yo mu muryango n’ubundi, kutumvikana ku micungire y’umutungo. Umugore yashinjaga ubusinzi umugabo we, amafaranga yakoreraga yayajyanaga mu kabari, bigateza impagarara. Bari basanzwe batabanye neza.”

Charles yakomeje agira ati “Yamurumye umunwa wo hasi arawuca.”

Umugabo yababajwe

Aya makambirine muri uyu muryango bivugwa ko atari yubu, kuko nabwo bigeze barwana bigeraho arumwa ibere n’ukuboko.

Umunyambaga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nemba we agira inama imiryango kujya yirinda amakimbira hagati yayo kuko biganisha ahabi ku buryo bishobora kuviramo gukomeretsanya, ariko mugihe baganye amategeko bibatandukanya mu mahoro.

Uyu mugabo warumwe we yahise ajyanwa ku bitaro bya Nemba mugihe umugore yahise ashyikirizwa RIB station ya Gakenke kugira ngo yisobanure.

Christian

Recent Posts

Ingabire Marie Immaculeé wayoboraga TIR yitabye Imana

Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…

2 months ago

Perezida Kagame yahawe Umudali w’Indashyikirwa mu mukino w’Amagare

Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…

2 months ago

BK Arena izatangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku nshuro ya mbere itangiriye imbere mu nyubako

Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…

3 months ago

Niyo Bosco yambitse impeta inkumi bagiye kurushinga (Amafoto)

Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…

3 months ago

Dosiye ya Kalisa Adolophe wari Umunyamabanga wa FERWAFA yamaze kugezwa mu bushinjacyaha

Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…

3 months ago

Abakozi babiri ba FERWAFA bafunzwe

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…

3 months ago