Muri kivu y’Amajyepfo muri Repuburika iharanira Demokarasi ya Congo, haravugwa inkuru y’abana babiri batoraguwe n’abagiraneza ubwo babasangaga bareremba hejuru y’amazi.
Abo bagiraneza batabaye bavuze ko babasanze ku nkombe z’ikiyaga cya Kivu, Bikaba bivugwa ko bashobora kuba bari bahamaze nibura iminsi itatu bareremba hejuru y’amazi.
Delphin Birimbi ukuriye société civile muri Kalehe yabwiye BBC dukesha iyi nkuru, ko abo bana ari bazima kugeza ubu gusa ngo igikurikiyeho ni ugushaka ababafasha kubarera. Ati “Bakuwe mu mazi ari bazima. Barahari, turimo turavugana n’abantu bashobora kudufasha kubarera. Ariko nibura barahari, ni igitangaza…twese twaratangaye.”
Delphin, asobanura ko aba bantu batoraguwe mu duce dutandukanye kuri uyu wa mbere. Umwe ngo yakuwe mu gace ka Nyamukubi undi akurwa mu gace ka Bushushu.
Aba bana bakibarirwa mu mezi, nta makuru ahagije yabatanzweho, icyakora ngo icyamenyekanye n’uko ubwo basangwaga ku mazi bari bari hejurru y’ibisigazwa by’inzu yatwawe n’ibiza. Imibare imaze gutangwa y’abahitanywe n’ibiza kugeza ubu barengaho 400 naho ababuriwe irengero bararenga 5000.
Ni mu gihe abagera kuri 200 bakomeretse naho inzu z’abaturage zirenga 1,300 zarasenyutse, amashuri, ibitaro, insengero, ibiraro (amateme) n’ibikorwa remezo by’amazi menshi byinshi nabyo byarangiritse.
Umuyobozi Mukuru wa Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immnaculeé yitabye Imana mu gitondo cyo kuri…
Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI), ryahaye Perezida Paul Kagame igihembo gihabwa abakoze ibikorwa…
Inyubako y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena igiye gukora amateka yo gutangiriramo Shampiyona y’Isi y’Amagare ku…
Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta umukunzi we Mukamisha Irene biyemeje kurushinga mu minsi iri imbere.…
Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko dosiye ya Kalisa Adolophe uzwi cyane ku izina rya…
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rufatanyije na Polisi y’u Rwanda, ruri gukora iperereza ku kuri…